umu amakuru- Umuhanzi Weasel wo muri Good life uherutse gutandukana n’umugore we yamaze kubona umukobwa mwiza cyane avuga ko ataremewe ku Isi | Umusingi

Umuhanzi Weasel wo muri Good life uherutse gutandukana n’umugore we yamaze kubona umukobwa mwiza cyane avuga ko ataremewe ku Isi

Please enter banners and links.

Umuhanzi mu itsinda rya Good life  witwa Douglas Mayanja uzwi ku izina rya Weasel uvukana na Chamilion aherutse gutandukana n’umugore we babyaranye witwa Samirah .

Amakuru agera ku Kinyamakuru Umusingi aravuga ko uyu muhanzi amaze iminsi asohokana n’umukobwa tutaramenya amazina ye bivugwa ko ariwe bakundana.

Uyu muhanzi nyuma yo kumusangana n’uyu mukobwa inshuro nyinshi basohokanye geze aho abishyira ku mbuga nkoranyamabaga nka facebook avuga ko uyu mukobwa ari mwiza cyane kandi bakundana.

Umwe mu nshuti z’uyu muhanzi uririmbana na Radio muri Good Lyfe yatangarije Ikinyamakuru Umusingi ko Weasel yavuze ko uyu mukobwa kubera ubwiza afite n’uburyo afite urukundo asanga atararemewe ku Isi.

Weasel

Abakobwa benshi beza bakunda abahanzi n’abakinnyi b’umupira ariko nanone abenshi ntibajya bakundana nabo ngo barambane kubera ko abo bahanzi cyangwa abakinnyi b’umupira w’amaguru bahura n’abandi bakobwa benshi cyane beza bakabifuza bigatuma babatereta bagaca inyuma abo babonaga ko aribo beza cyane bagatangira gushwana bikabaviuramo gutandukana.

Bake mu bahanzi n’abakinnyi barambana n’abagore babo urugero abantu bakunze gutangaho rw’umuhanzi ukomeye wakundanye n’umugore no kugeza uyu munsi n’umuhanzi Bobi Wine ubu uherutse kuba Umudepite muri Uganda bakavuga ko akunda cyane umugore we Barbie ariko bakavuga ko burya byose biterwa n’umugore we amenya uko amujera.

Noella

4,260 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.