Polisi yohereje abapolisi 70 mu butumwa bw’amahoro muri Sudan y’Epfo
— March 17, 2016
Please enter banners and links.

Itsinda rigizwe n’abapolisi 70 berekeje Malakal muri Sudan y’Epfo mu butumwa bw’amahoro aho bagiye gufasha bagenzi babo 170 basanzwe bakorera muri ako gace.
Aba bapolisi bagiye bahawe impanuro n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana mu cyumweru gishize, wabasabye ko bagomba gushyira hamwe kandi bagakora ibishoboka byose bagasoza ubutumwa bw’amahoro neza, aho bagomba gukora kinyamwuga kandi bakagaragaza isura nziza y’Igihugu cyacu cy’u Rwanda.

IGP Gasana Emmanuel umukuru wa polisi y’u Rwanda
Aba bapolisi bahagurukiye ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali, bari kumwe n’abasirikare bagiye gusimbura abari basanzwe mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Sudani y’epfo (UNMISS); basezewe na Komanda wa Brigade ya 201, Koloneli Aloys Ngoga Kayumba, wari kumwe na Assistant Commissioner of Police (ACP) Felix Bahizi Rutagerura uhagarariye ishami rya Polisi rishinzwe ubutumwa bw’amahoro.
Mbere y’uko burira indege, Col Kayumba yabwiye abapolisi n’abasirikare ko bagomba kubaha umuco w’igihugu bagiyemo, aho yagize ati” mugomba kurangwa n’ikinyabupfura ku rwego rwo hejuru kandi ndizera ko nimubyubahiriza muzagaruka mu gihugu cyanyu n’ishema ryinshi”.
Muri Sudan y’Epfo habarirwaga abapolisi b’Abanyarwanda 170, ubu hiyongereyeho abandi 70 byatumye igihugu cy’u Rwanda kigira abapolisi 240 mu butumwa bw’amahoro muri Sudan y’Epfo (UNMISS)
Umusingi1@gmail.com
3,047 total views, 3 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply