umu amakuru- Cristiano Ronaldo iby’umupira yabishyize ku ruhande arimo guha care umugore ugiye kumubyarira witwa Georgina Rodriguez | Umusingi

Cristiano Ronaldo iby’umupira yabishyize ku ruhande arimo guha care umugore ugiye kumubyarira witwa Georgina Rodriguez

Please enter banners and links.

Umukinnyi w’igihangange ku isi Christiano Ronaldo muri iyi minsi ntashaka kugira ikindi yumva uretse kwita ku mugore we witegura ku mubyarira undi mwana nyuma y’iminsi mike yibarutse impanga.

Ubu Christiano Ronaldo n’umukunzi we bamaze iminsi batembera n’umuryango wabo bose ndetse n’umuhungu we mukuru.

Ronaldo mu minsi yashize hari umugore utazwi watewe intanga amubyarira umwana ,uyu mugore bivugwa ko mu masezerano ni uko yagombaga kubyara ntarebe umwana abyaye uko asa agahita amuha Ronaldo bikarangira ku buryo uwo mugore atazongera gukurikirana uwo mwana ashaka kumumenya cyangwa kumureba.

Nyuma y’uwo mwana hari undi wamubyariye impanga ndetse ubu undi bari kumwe ndetse bivugwa ko ariwe akunda cyane atwite nawe yitegura kumubyarira mu minsi yavuba.

Hano Christiano Ronaldo ari kumwe n’umuryango we ndetse n’uwumugore we basohokanye

Umugore iyo atwite aba akeneye umugabo we kumwitaho kugirango bifashe umwana kuvuka neza ndetse azakure neza .

Abantu benshi ndetse n’abafana b’uyu mukinnyi bahora bibaza impamvu Christiano Ronaldo adakora ubukwe nk’abandi bakinnyi nkuko mugenzi we bahora bahanganye mu gutwara ibikombe bitandukanye no gutsinda ibitego byinshi no kurushanwa guhembwa menshi Messi aherutse gukora ubukwe n’umugore we.

Ikipe ya Real Madrid ikaba yatangiye imyiteguro ya shampiyona itaha izatangira mu kwezi gutaha ariko Ronaldo akaba yaranze kujyana nabo ahubwo ahitamo kwihera umugore we care.

Ndayambaje F

 

3,210 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.