umu amakuru- Dr.Frank Habineza yavuye mu gihugu cya Uganda aho yavugiye ku maradiyo atandukanye ashakayo amajwi | Umusingi

Dr.Frank Habineza yavuye mu gihugu cya Uganda aho yavugiye ku maradiyo atandukanye ashakayo amajwi

Please enter banners and links.

Amakuru yageze ku kinyamakuru Umusingi aravuga ko Dr.Frank Habineza uzahagararira Ishyaka rya Green Party mu matora yo kuyobora Repabulika y’uRwanda mu matora yo mukwezi gutaha amaze iminsi mu gihugu cya Uganda aho yari agiye gushakayo amajwi yo kumutora.

Dr.Frank Habineza wizeye gutsinda amatora ubwo yari muri Uganda mu cyumweru gishize yumvikanye kuri radio yitwa CBS FM avuga mu rurimi rw’ikigande.

Yumvikanye abwira abantu ko ariwe wenyine uzazana impinduka mu gihugu ko ariwe bakwiye gutora ndetse ababwira ko bakwiye kwiyandikisha ku rutonde rw’abazatora kugirango bazatore neza ntihazagire ubuzwa gutora.

Impinduka zimwe yavugaga azahindura harimo kubakira abasirikare amazu yo kubamo ,guha abaturage urubuga rwo guhinga ibyo bashaka n’ibindi byinshi.

Tubibutse ko Dr.Frank Habineza uhagarariye Ishyaka rya Green Party na Perezida Kagame aribo bonyine bamaze kwemezwa by’agateganyo na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora  kuziyamamariza kuyobora u Rwanda.

2,894 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.