Mayor wa Kamonyi UDAHEMUKA Aimable yeguye ku kazi kubera impamvu zikomeye
— June 20, 2017
Please enter banners and links.

Uyu munsi Kuwa 20 Kamena 2017 mu Karere ka Kamonyi havuzwe kwegura ku kazi kuri Meya wa ako Karere ndetse n’impamvu zivugwa ko zateye Mayor kwegura harimo kuba yaragongesheje imodoka y’akazi urupangu rwe “bivugwa ko yari yasinze”, imodoka y’akazi irangirika. Icyo gihe yarihanangirijwe, birarangira nkuko bivugwa na bamwe mu bakozi bakorana nawe.
Mayor kandi ngo yongeye kugonga imodoka y’undi muntu, Polisi imuhagaritse yanga guhagarara ahubwo arakomeza arijyendera.
Hari amakuru avuga ko Mayor yari mu gakundi k’abantu bitwa “Aba-Copains” banywera i Runda bagasinda.
Amakuru yizewe Umuseke ufite ni uko Mayor wa Kamonyi UDAHEMUKA Aimable yaba yeguye ku mirimo ye, Inama Njyanama y’Akarere ikaba iterana ngo isuzume kwemeza uko kwegura kwe
Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo, Mme Mureshyankwano Marie Rose, avuga ko ibaruwa yo kwegura kwa Mayor atarayibona kuko yagiye mu karere ka Nyaruguru mu kazi.
Ati “Nanjye nabyumvise ariko ibaruwa yo kwegura kwe sindayibona.”
Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Kamonyi, Karuranga Emmanuel kuri telefoni ye igendanwa ntitwabashije kumubona.
Visi Perezidante w’Inama Njyanama y’Akarere ka Kamonyi, Mme Nyirinyange Odette yatangarije itangazamakuru ko ayo makuru na we yayumvise ayabwiwe n’abantu kuko yari yibereye mu kazi ke bisanzwe.
Umwe mu bakozi b’Akarere ka Kamonyi yavuze ko Mayor Udahemuka yeguye ariko ntiyagira ikindi arenzaho.
Twashatse kubaza Meya impamvu yeguye n’amakuru arimo kuvugwa hirya no hino ku kwegura kwe maze nomero ye ya telefoni Mayor Udahemuka, ifatwa n’undi muntu avuga ko bari mu nama, ku buryo inama nirangira amubwira ko twamushatse.
3,207 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply