umu amakuru- Abakobwa 9000 badafite SIDA bagiye kujya bahembwa buri kwezi | Umusingi

Abakobwa 9000 badafite SIDA bagiye kujya bahembwa buri kwezi

Please enter banners and links.

Ikigo cya Croux rouge cyo mu gihugu cya Kenya cyashyizeho gahunda yo kujya bahemba abakobwa badafite SIDA buri kwezi bakaba bagiye guhera ku bihumbi icyenda.

Iki gitekerezo kigiye gushyirwa mu bikorwa bahereye ku bakobwa baba Turkana kuko bivugwa ko ariho hari abakobwa benshi bafite SIDA kandi ariho havugwa ubukene cyane butera bamwe mu bakobwa kwishora mu busambanyi kandi budakingiye.

Ikinyamakuru cyo muri Kenya kivuga ko UNAIDS yakoze ubushakashatsi mu mwaka wa 2016  isanga urubyiruko rw’abakobwa bari hagati y’imyaka 15-24 bafite ubwandu bushya bwa SIDA ari 21%  ikaba ariyo mpamvu Croux rouge yashyizeho ubu buryo kugirango bifashe abakobwa kwirinda SIDA nkuko bivugwa na Josphat Nanok Guverineri wo muri Turkana.

Uhagarariye Croux Rouge muri Kenya witwa Abshiro Haleke yagize ati “buri mukobwa tuzasanga adafite ubwandu bwa SIDA azajya ahembwa ibihumbi bibiri (2000Kshs)buri kwezi bizatuma akomeza kwirinda kugirango akomeza ahembwe ayo mafaranga kandi tuzajya dukomeza kubahugura bizafasha n’abandi  kwipimisha bashaka kumenya ko ari bazima kugirango nabo bajye bahembwa kandi bizatuma urubyiruko rutishora mu husambanyi kugirango bajye bahembwa kandi UNAIDS izabidushamo kuko yamaze kubyemera”.

Muhungu John

2,957 total views, 5 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.