umu amakuru- Umunyamakuru Eminante yakatiwe igifungo cy’imyaka 3 mu gihome | Umusingi

Umunyamakuru Eminante yakatiwe igifungo cy’imyaka 3 mu gihome

Please enter banners and links.

Urukiko rw’ibanze rwa Kacyiru rwakatiye umunyamakuru Mugabushaka Jeanne de Chantal uzwi nka Eminante, igifungo cy’imyaka 3 n’amezi abiri nyuma yo guhamwa n’icyaha cy’ubwambuzi bushukana hamwe n’uwo bareganwa.

Mugabushaka Jeanne de Chantal yatawe muri yombi tariki 27 Ugushyingo 2016.

Areganwa n’uwitwa Bizimana Ibrahim bombi bakaba barahamwe n’icyaha cy’ubwambuzi bushukana mu rubanza rwaciwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kacyiru kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Gicurasi 2017.

Aba bombi bakatiwe igifungo cy’imyaka 3 n’amezi abiri n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda angana na miliyoni eshatu buri umwe nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi w’Inkiko, Itamwa Emmanuel, bakaba bafite uburenganzira bwo kujurira mu minsi 30.

Mu itabwa muri yombi rya Eminante byavugwaga ko akurikiranyweho icyaha cyo kwaka amafaranga abanyamadini abizeza kubashakira ibyangombwa mu kigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB).

Eminante yamenyekanye cyane nk’Umunyamakuru kuri Radio ya Contact fm na radio 10 na TV 10 mu biganiro by’ubusesenguzi. Yanakunze kugaragara nk’umukemurampaka mu bikorwa byo gutora Nyampinga w’u Rwanda ndetse no mu kuyobora ibiganiro mpaka bitandukanye.

2,339 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.