Inzu ya Rujugiro UTC igiye gutezwa cyamunara
— May 11, 2017
Please enter banners and links.

Amakuru agera ku kinyamakuru Umusingi aravuga ko umuturirwa Union Trade Center (UTC) w’umunyemari Rujugiro Ayabatwa Tirbert washyizwe ku rutonde rw’imitungo yafatiriwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro, RRA, kubera ibirarane by’imisoro ku buryo ishobora gutezwa cyamunara mu gihe ba nyirayo batishyuye.
Itangazo rya RRA rigaragaraho amazina y’imitungo 14 harimo na UTC ya Rujugiro. Muri iri tangazo ubuyobozi bwa RRA bumenyesha abantu bose ko imitungo itimukanwa iri kuri urwo rutonde yamaze gufatirwa.

Rikomeza rivuga ko nta muntu wemerewe kuba yayigura cyangwa kuyikodesha mu gihe iryo fatira ritaravaho.
RRA yibukije bene yo ko bagomba kwishyura ibirarane by’imisoro bitarenze iminsi 15 kuva iri tangazo risohotse. Rinavuga kandi ko abari kuri urwo rutonde ari inshuro ya nyuma bibukijwe kuko ngo nibatabishyira mu bikorwa ‘iyo mutingo izatezwa cyamunara’.
RRA ntitangaza ingano y’amafaranga y’imisoro yishyuza ba nyir’iyi mitungo, gusa amakuru avuga ko impamvu ariko bikiri hagati y’usora n’iki kigo.

Amakuru yizewe Ikinyamakuru Umusingi cyacukumbuye ni uko RRA yishyuza Rujugiro imisoro yo kuva mu 2007 kugera mu 2013 aho ngo ubariyemo n’amande ari miliyari imwe na miliyoni zirenga ijana.
Twabibutse ko Rujugiro yagize kuvugira kuri radio imwe mpuzamahanga ko imitungo ye niyo yaba nyuma y’imyaka 100 azayisubirana bityo bituma bamwe bibaza icyo Rujugiro yari yizeye ku buryo yananirwa kwishyura imisoro akumva ko imitungo ye itatezwa cyamunara.
2,271 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Leave a reply