Breaking News:Diane Rwigara agiye kwiyamamaza kuba Perezida
— May 2, 2017
Please enter banners and links.

N’ubwambere mu Rwanda hagiye kwiyamamaza umukobwa ku mwanya wa Perezida ,uwo akaba ari Diane Rwigara umukobwa wa Nyakwigendera Rwigara Asnapol.
Kuwa 3 Gicurasi 2017 nibwo azagirana ikiganiro n’abanyamakuru saa munani zamanywa nkuko bigaragara ku butumire yatumiyemo Ikinyamakuru Umusingi.
Diane Rwigara mu ntangiriro z’uyu mwaka yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru anenga byinshi ubutegetsi buriho ariko abanyamakuru bamubaza impamvu yakoresheje ikiganiro n’abanyamakuru kandi nta rwego ahagarariye avuga ko abikoze nk’umuntu ku giti cye.
Diane Rwigara nanone yabajijwe niba ibyo avuga ari uburyo bwo gushaka uko yaziyamamaza maze arabihakana ariko birangiye bigaragara ko ariwo mugambi yari afite wo kugirango atangire avugwe mu itangazamakuru amenywe bityo azashobore kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida.
Komisiyo y’Amatora izatangira kwakira kandidatire tariki ya 12-23 Kamena 2017 bikaba aribwo bizemezwa ko Diane Rwigara nawe azemererwa kimwe n’abandi kwiyamamaza kuba Perezida.
Undi nawe wamaze kwemera ko aziyamamaza kuri uwo mwanya wa Perezida ni uwitwa Mpayimana Philippe ,undi ni Dr.Frank Habineza wa Green Party unahabwa amahirwe menshi cyane ,ubwo bakaba babaye 3 bamaze kumenyekana mu itangazamakuru.
RPF iri ku butegetsi ntiremeza kumugaragaro uzayihagararira mu matora n’ubwo abaturage bakoze kamaramaka bagasaba ko Perezida Kagame wari uyihagarariye akomeza kuyobora ariko Ishyaka aturukamo rikaba ritarabyemeza kumugaragaro.
Andi Mashyaka nka PSD ,PL PS Imberakuri nandi menshi cyane nayo ntaragira icyo atangaza kandi hasigaye amezi atageze kuri 3.
Gatera Stanley
2,591 total views, 5 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply