Arsenal yatsinze Leicester City biyigoye cyane ,Liverpool itsinda Aston Villa 6-0
— February 14, 2016
Please enter banners and links.

Ikipe ya Leicester City yari yasuye Arsenal maze ibanza kuyigora ndetse itsinda igitego cya mbere abantu bati ya kipe izatwara igikombe ariko byaje guhinduka ubwo umukinnyi wa Leicester City yahabwa ikarita y’umutuku maze Arsenal irayataka ku munota wa nyuma nibwo Welback yatsinze igitego cya 2 cya Arsenal .

Daniel Sturridge
Bamwe mu bafana ba Arsenal bati penalite yahawe Leicester City ntiyariyo abandi batafanaga Arsenal bati yariyo .
Ikipe ya Arsenal yarushwaga na Leicester City amanota 5 iyo itsindwa yari kuyirusha amanota 8 ariko ubu isigaye iyurusha 2 gusa .

Diego Costa
N’ubwo Leicester City yatsinzwe iracyayoboye urutonde n’amanota 53 Arsenal ikaba iya 2 n’amanota 51.
Mu yindi mikino ikipe ya Chelsea yaraye inyagiye Newcastle United ibitego 5 ku busa ikaba yazamutse ku mwanya wa 13 ijya kuwa 12.Ikipe ya Man United nayo yatsinzwe na Sunderland ibitego 2 kuri 1 iguma ku mwanya wa 5 n’amanota 41 irusha Liverpool amanota 3 gusa.
Liverpool uyu munsi ikaba yari yasuye Aston Villa iyitsinda ibitego 6 ku busa.Umukino wa Liverpool itsinda Aston Villa watangaje abantu ku buryo bagiye bavuga ngo kubona na Habibu Kolo Toure nawe itsinda igitego ?.
Ikipe ya Liverpool imaze kugarura abakinnyi bayo benshi bari mu mvune nka Sturridge watsinze igitego cya mbere ,Coutinho nawe yagarutse ,Origi ,bikaba bivugwa ko ishobora kongera kugora amakipe iyatsinda.

Roony
Ubwo twandikaga iyi nkuru hakinwaga umukino wahuzaga ikipe ya Man City na Tottenham Hotspur byari ku munota w’umukino wa 70 ari igitego kimwe cya Tottenham Hotspur ku busa bwa Man City.
Ariko muri Shampiyona y’uBwongereza biracyakomeye kuko ntiharamenyekana ikipe izatwara igikombe kuko usanga zirushanwaho inota rimwe cyangwa 2 ndetse hari n’izinganya amanota .
Muhungu John
2,803 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply