umu amakuru- Breaking News:Gereza ya Kimironko nayo yibasiwe n’inkongi yumuriro, humvikana n’urusaku rw’amasasu | Umusingi

fba22ee7087ad0add2bdcfd67f150fBreaking News:Gereza ya Kimironko nayo yibasiwe n’inkongi yumuriro, humvikana n’urusaku rw’amasasu

Please enter banners and links.

fba22ee7087ad0add2bdcfd67f150f

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 31 Werurwe 2017 Gereza ya kimironko yafashwe n’inkongi y’umuriro mu  nkuko byemejwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Amagereza  Sengabo Hillary.

Yabwiye itangazamakuru ko ari munzira ajyayo inkomoko y’inkongi ati  “ Ndi mu nzira njyayo bishobora kuba byatewe n’uko yari ishaje.”

9:40: Imodoka enye zizimya inkongi  nizo zihari, eshatu ziri ku muhanda indi imwe iri muri gereza imbere. Abaturage bigijwe kure, abari hafi yayo ni abanyamakuru gusa. Abagororwa bashyizwe mu cyumba kimwe, umuntu uri hanze ari kubona bari kurebera mu madirishya.

Iyi gereza ifashwe n’inkongi nyuma y’amezi atatu n’iminsi itandatu, indi izwi nka 1930 mu Mujyi rwa gati ifashwe n’inkongi yatewe n’insinga z’amashanyarazi zari zishaje.

Ni ikibazo cyatumye inzego zose z’umutekano zitabara, guhera ku ngabo z’igihugu, polisi n’abacungagereza.

Abantu baribaza nyuma ya gereza izwi nka 1930 gushya n’iya Kimironko ko hashobora kuba hari ikibyihishe inyuma n’ubwo hataremezwa neza igitera izi nkongi zibasiye amagereza.Turacyakurikirana amakuru nyayo turibubagezeho nyuma yo kumva ibyo inzego zitandukanye ziri butangaze.

 

2,649 total views, 5 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.