umu amakuru-  Umuhanzi Knowless yadukanye imyambarire itajyanye n’ababyeyi | Umusingi

17264904_10154500126741909_7800537331157246299_n  Umuhanzi Knowless yadukanye imyambarire itajyanye n’ababyeyi

Please enter banners and links.

17264904_10154500126741909_7800537331157246299_n

 

Umuhanzi Butera Knowless wigeze gukundwa cyane kubera ubwiza bwe ndetse n’uburyo yaririmbaga ariko nyuma bigenda bigabanuka ndetse mu ndirimbo ye nshya aherutse gusohora abantu bakaba baranenze cyane imyambarire ye itajyanye n’urwego agezemo.

Bamwe bavuga ko ari imyambarire y’abana bato bakiri mu myaka 16 kugeza kuri 18 ariko umubyeyi nka Knowless uherutse kwibaruka imfura ye na Ishimwe Clement adakwiye kwambara imyambaro igaragaza ibibero kuko urwo rwego yarurenze.

Abandi nabo bati iyo n’imyambarire y’abasitari kandi nawe n’umusitari ibyo ntacyo bitwaye ndetse umwe yagize ati “Lopez si umubyeyi ko abyambara bimutwaye iki?nundi ntakibazo abantu bakwiye kumugiraho rwose”.

17240525_10154502582341909_8676973631155340959_o

Butera Knowless nimyambarire abantu banenga ko itajyanye n’umunyarwandakazi w’umubyeyi

Hari n’abandi bavuga ko iki kinyejana ibyo byo kuvuga ngo umuntu yambaye imyambaro igaragaza ibibero cyangwa mini n’ibindi ntacyo bivuze buri muntu areba ibimufitiye inyungu cyangwa akamaro abo bakivuga ibyo ntibaramenya aho iterambere rigeze.

Hari uruhande rw’abantu bamwe bakomeje gutsimbarara ku muco aho bavuga ko Abanyarwanda niyo haba iterambere cyangwa ikoranabuhanga umuco nyarwanda uba ukwiye kubungwabungwa neza umubyeyi akomeza kwitwara kibyeyi kuko mu muco nyarwanda cyaraziraga umubyeyi kwambara mini abana bakamubona aribyo baheraho banenga umuhanzi Knowless.

Knowless akaba yasohoye amashusho y’indirimbo ye nshyashya yitwa ujya unkumbura  nkuko umugabo we Ishimwe Clement yabigaragaje kuri faceboo kuwa 14 Werurwe 2017 ariko abantu bakaba bayinenze bavuga ko ifite amafoto meza yifotoreje ahantu heza ariko mu bijyanye n’imiririmbe idacurangitse neza.

Hari abamuvuga ko yasubiye inyuma cyane mu miririmbere ye cyane cyane yahinduye ijwi umwe mu bakunzi be utashatse ko amazina ye atangazwa yagize ati “uwagereranya Knowless wa cya gihe aririmbana na Vampino wo muri Uganda na Knowless w’ubu wakumva aria bantu babiri batandukanye kuko yahinduye ijwi rye iryo yakoreshaga cyera ryari ryiza cyane”.

Noella

6,154 total views, 3 views today

About author

Related Articles

1 Comment

  1. Lol March 17, 2017 at 1:55 pm

    Murashyanuka????????
    Murashaka kumugurira boubou n’ama ribaya noneho?

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.