umu amakuru-  Charly na Nina bahagurutse i Kigali bagiye kwitabira Hipipo Awards i Kampala | Umusingi

1486183171__dsc6170  Charly na Nina bahagurutse i Kigali bagiye kwitabira Hipipo Awards i Kampala

Please enter banners and links.

1486183171__dsc6170

 

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Gashyantare 2017 mu mujyi wa Kampala hateganyijwe kubera ibirori bya HIPIPO AWARDS 2017, DJPius, Charly na Nina ni bamwe mu banyarwanda bari guhatanira ibyo bihembo, mu ijoro ryo kuri uyu wa 3 Gashyantare rishyira ku wa 4 Gashyantare 2017 nibwo aba bahanzi bahagurutse i Kigali berekeza Kampala mu gihugu cya Uganda.

Aba bahnzi kandi bari bunaririmbe mu birori bya Hipipo Awards bahagurukanye na Muyoboke Alex usanzwe ari umujyanama wabo n’indege ya saa saba z’ijoro.

1486183357__dsc6171

Ubwo bahagurukaga babwiye umunyamakuru  ko berekeje i Kampala aho kandi banafite ikindi gitaramo tariki 5 Gashyantare 2017. Aha bakazahava  berekeza Centre Africa naho bakahava berekeza ku mugabane w’Uburayi mu gihugu cy’Ububiligi.

Muri ibi birori byo guhemba abahanzi bitwaye neza mu karere byo mu irushanwa rya  HIPIPO Awards hari hitezwe ko hari bugaragare abandi bahanzi b’abanyarwanda cyane ko abahatanira ibihembo ari umunani, kugeza ubu gusa nta makuru ahari yuko bitabira ibi birori bose.

cPQLEi8

Umuhanzi Nina akaba yarabwiye Ikinyamakuru Umusingi ko biteguye neza urugendo kandi bazagarukana ibiembo .

Noella

2,651 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.