umu amakuru- 4 bafunzwe bazira kugura no kugirisha inzitiramubu zagenewe abaturage bashobora gufungwa imyaka 10 | Umusingi

Suspects paraded at Kigali Metropolitan with the seized mosquito nets4 bafunzwe bazira kugura no kugirisha inzitiramubu zagenewe abaturage bashobora gufungwa imyaka 10

Please enter banners and links.

Suspects paraded at Kigali Metropolitan with the seized mosquito nets

Ejo Kuwa 9 Mutarama 2017 Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali yeretse itangazamakuru abantu 4  ifunze barimo Umujyanama w’ubuzima bakekwaho ubufatanyacyaha mu bujura bw’inzitiramubu  zagenewe abaturage  mu  rwego rwo kurwanya Malariya.

Abakekwaho iki cyaha ni Karigirwa Claudine, wari Umujyanama w’ubuzima mu murenge wa Ndera; akaba ndetse ari we wari ushinzwe kuziha abaturage mu murenge wa Ndera, Umurerwa Jacqueline, n’abacuruzi babiri; ari bo:  Dukuze Marie Alice na Habineza Emmanuel.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, Superintendent of Police (SP) Emmanuel Hitayezu yagize ati,”Ku itariki 7 Mutarama 2017  Dukuze (usanzwe ucururiza mu isoko rya Kimironko), yafatanwe  inzitiramubu 27 zari zaragenewe abaturage. Nyuma ye, hafashwe Karigirwa; ukekwaho  gukorana na Umurerwa kuzishakira abaguzi.”

Dukuze yabwiye Itangazamakuru ko inzitiramubu yafatanwe yaziguze na Umurerwa ku mafaranga y’u Rwanda ibihumbi 27; ni ukuvuga amafaranga y’u Rwanda igihumbi buri imwe.

SP Hitayezu yavuze ko Habineza yafatiwe mu murenge wa Kimisagara, ho mu karere ka Nyarugenge ku itariki 8 Mutarama 2017 afite inzitiramubu 45 zagenewe abaturage. Nyir’ubwite (Habineza)yavuze  ko yaziguze n’abaturage bo mu karere ka Muhanga; aho buri imwe yayiguze amafaranga y’u Rwanda magana ane akaba yaraziguze mu mirenge 2 muri ako Karere.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali Superintendent of Police (SP) Emmanuel Hitayezu yagize ati,”Nta mucuruzi ndetse n’undi wese wemerewe kugura inzitiramubu zigenewe abaturage; ndetse n’ibindi byose bahabwa ku buntu  mu rwego rwo kubateza imbere no kubarinda uburwayi butandukanye. Abaturage  na bo barasabwa kwirinda kugurisha inzitiramubu bahabwa; kandi bagatungira agatoki  Polisi n’izindi nzego zibishinzwe abazigurisha ndetse n’abazigura.”

Yongeyeho ko  usibye izafatanwe aba bane, hari izindi 25 zafatiwe ahandi hantu hatandukanye; kandi ko iperereza rikomeje kugira ngo hafatwe abagize uruhare mu igura n’igurishwa ryazo.

Mu butumwa bwe,Umuyobozi mu Kigo cy’igihugu cy’Ubuzima ushinzwe Porogarame yo kurwanya Malariya, Dr Aimable Mbituyumuremyi  yagize ati”Mu rwego rwo kurwanya Malariya, Leta yaguze; ndetse iha abaturage inzitiramubu ku buntu; ariko, nk’uko mubibona, hari bamwe batangiye kuzigurisha birengagije icyo baziherewe  ndetse n’akamaro zibafitiye.  Ababikora bamenye ko batiza umurindi Malariya; kandi ko babangamira gahunda ya Leta yo kurwanya Malariya. Turasaba buri wese  gukoresha inzitiramubu icyo yayiherewe no kuyikoresha mu buryo bukwiriye kugira ngo yirinde Malariya.”

Aba uko ari 4 nibahamwa n’icyaha bazahanishwa igifungo kuva ku myaka irindwi (7) kugeza ku myaka icumi (10) n’ihazabu y’amafaranga yikubye inshuro kuva kuri ebyiri (2) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’umutungo warigishijwe cyangwa wononwe; nk’uko biteganywa n’ingingo  ya 325 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda.

Igihe uwahoze ari Minisitiri w’ubuzima Dr.Agnes Binagwaho bivugwa ko yayoboye nabi iyi Minisiteri ndetse akaba atarigeze avugwaho neza mu itangazamakuru ryigenga kubera kutavuga Ikinyarwanda kandi abanyamahanga baza bakakimenya vuba ariko we w’umunyarwanda akanga kukivuga ,igihe cye havuzwe ko haguzwe inzitiramibu zitujuje ubuziranenga ndetse kuva icyo gihe Malariya nibwo yongeye kugaruka ari nyinshi mu gihe mbere Malariya yari yaragabanutse cyane.

Gatera Stanley

 

2,576 total views, 5 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.