umu amakuru-  Umuhanzi WizKid arashakishwa na Interpool bitarenze taliki 16 Mutarama 2017 kuba yafashwe | Umusingi

Wizi  Umuhanzi WizKid arashakishwa na Interpool bitarenze taliki 16 Mutarama 2017 kuba yafashwe

Please enter banners and links.

Wizi

 

Umuhanzi wo mu gihugu cya Nigeria uzwi ku izina rya Ayodeji Ibrahim Balogun a.k.a Wizkid ashakishwa na Interpool kubera ibyaha aregwa mu gihugu cya Uganda.

Umucamanza witwa Baligeya Moses Mufumbiro yasohoye urwandiko rusaba Interpool gufata uyu muhanzi uherutse kuza mu Rwanda kubera ibigo 2 bikomeye muri Uganda byamuregeye ko uyu muhanzi yariye Amadorari yabyo ubwo yari yemeranijwe n’ibyo bigo ko azaza gicurangira muri Uganda Cricket Oval, Lugogo.

Uyu muhanzi bamahaye Amadorari yo kugirango azaze gucurangira Abagande ku buryo bamwamamaje cyane ariko umunsi ugeze ntiyaza kandi yarahoraga ababwira ko yiteguye kuza.

Wizkid

Uyu muhanzi arashinjwa ubujura bushukanye buhanishwa ingingo y’itegeko ya 309 mu itegeko rihana rya Uganda.

Araregwa nanone gufata amafaranga mu buryo butemewe bityo umucamanza akaba yasabye ko Interpool yamufata ikamugeza imbere y’urukiko bitarenze taliki 16 Mutarama 2017.

Abantu batangiye kuvuga ko uyu muhanzi ari umukire aza ku mwanya wa 10 muri Africa igihugu cya Uganda kikaba kitashobora kumugeza imbere y’urukiko rwo muri Uganda.

Wizkid yagombaga kuririmba muri Uganda taliki 3 Ukuboza 2016 ariko ntagaragara ndetse ntiyatanga n’impamvu.

Noella

2,810 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.