umu amakuru- Perezida Kagame na Museveni bifatanije na Donald Trump akimara gutsinda | Umusingi

Kagame-horzPerezida Kagame na Museveni bifatanije na Donald Trump akimara gutsinda

Please enter banners and links.

Kagame-horz

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda ,Paul Kagame yatangaje ko yifatanyije na Perezida mushya wa Leta Zunze ubumwe za Amerika ,Donald Trump watowe kuri uyu wa Gatatu tariki 9 Ushushingo,2016 avuga ko intsinzi ye yabonetse mu buryo bwiza.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa  Twitter, Perezida Paul Kagame yagize ati: “Nifatanyije na Donald Trump ku bw’intsinzi ye yabonye mu buryo bwiza. Twiteguye gukomeza umubano mwiza na Leta Zunze Ubumwe za Amerika hamwe n’ubuyobozi bushya.”

Kagame-horz

Perezida Kagame na Perezida Trump

Perezida Kagame akaba ariwe wabaye uwa mbere  mu bakuru b’ibihugu bagaragaje ko bishimiye Intsinzi ya Perezida Donald Trump harimo na Perezida Museveni wa Uganda  n’uwu Burusiya Vladimir Puttin.

Perezida w’Amerika Donald Trump akaba yaravuze ko azashyira Perezida Museveni muri gereza naramuka atsinze ariko igitangaje n’uburyo Perezida Museveni yihutiye kumwifuriza itsinzi.

museve

Perezida Trump na Perezida Museveni

Icyo gihe Museveni abajijwe ku byo Trump yavuze yagize ati azabanze akemure ibibazo by’Abanyamerika Abagande bafite uko bakemura ibibazo byabo ndetse avuga ko atazi Trump.

Itsinzi ya Perezida Donald Trump ikaba yatunguye abantu benshi kuko ntabwo yahabwaga amahirwe yo kuba yahigika uwo bari bahanganye ,Hillary Clinton dore ko n’abamwe bo mu ishyaka rya ba Repubulikani ahagarariye bari batakimushyigikiye .

Donald Trump akaba abaye Perezida wa 45 uyoboye Leta Zunze ubumwe za Amerika akaba  simbuye kuri uyu mwanya uwari Perezida w’icyo gihugu Barack Obama.

 

 Gatera Stanley

 

3,551 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.