umu amakuru-  Umuherwe Makuza Bertin nyiri ‘Rwanda Foam yapfuye | Umusingi

Makuza  Umuherwe Makuza Bertin nyiri ‘Rwanda Foam yapfuye

Please enter banners and links.

Makuza

 

Nyuma y’umuherwe Rwabukamba uherutse gupfa mu minsi yavuba undi muherwe ukomeye mu Rwanda, Makuza Bertin, yitabye Imana mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu rishyira kuwa Kane tariki 3 Ugushyingo 2016 azize uburwayi bwatunguranye.

Amakuru yemeza ko uyu musaza w’umunyemari yashiriyemo umwuka mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal ku Kacyiru ahagana mu ma saa sita z’ijoro.

Makuza Bertin yari umwe mu banyemari bazwi cyane mu Rwanda kubw’ibikorwa by’ubucuruzi butandukanye yakoraga birimo uruganda Rwanda Foam rumaze imyaka 30 rukora matola.

Azwi kandi cyane kubw’inyubako M Peace Plaza iherereye mu mujyi wa Kigali hagati yuzuye itwaye akayabo kangana na miliyoni 40 z’amadolari y’Amerika.

Makuza

Makuza na Kagame

Perezida Kagame ubwo yafunguraga inyubako ya Makuza izwi nka M Peace Plaza

mAKUUZA

 

Abaherwe nab a Nyakubahwa muri iyi minsi barimo gupfa cyane kurusha indi myaka kuko hamaze gupfa abaherwe 2 barimo Rwabukamba na Makuza Bertin naho ba Nyakubahwa Abadepite hamaze gupfa Mucyo Jean de Dien na Depite Nyandwi kandi mubihe bikurikirana aribyo byatumye abantu bibaza impamvu barimo kwitaba Imana mu bihe bikurikirana.

 

4,571 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.