Depite Nyandwi nawe yitabye Imana
— October 14, 2016
Please enter banners and links.

Depite Nyandwi Désiré wari umwe mu bagize Inteko ishinga amategeko, umutwe w’Abadepite, yitabye Imana, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14 Ukwakira 2016.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ibinyujije ku rukuta rwayo rwa Twitter, yatangaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Depite Nyandwi Désiré aguye mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal.
Depite Nyandwi Joseph Désiré mbere y’uko ajya mu Nteko Ishinga Amategeko, yabaye umuyobozi mu nzego zitandukanye.
Kuva kuwa 29 Ukwakira 1994 kugera 07 Gashyantare 1999 yari Perefe w’iyahoze ari Perefegitura ya Gitarama.
Kuva kuya 08 Gashyantare 1999 kugera kuya 19 Werurwe 2000 yabaye Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu gihe kuva kuya 11 Werurwe 2000 kugera kuya 15 Ugushyingo 2002 yari Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’Imibereho myiza y’Abaturage.
Kuva kuya 20 Ugushyingo 2002 kugera kuya 22 Kanama 2003 yari umwe mu bagize Inteko Ishinga amategeko y’inzibacyuho, aba umudepite uhagarariye RPF mu Nteko Ishinga Amategeko kuva kuwa 10 Ukwakira 2003.
Yitabye Imana afite imyaka 62 kuko yavutse kuya 04 Werurwe 1954.
Urupfu rwe rukaba rukurikirana n’urwa mugenzi we Jean de Dien Mucyu nawe uherutse kwitaba Imana mu minsi muke ishize .
2,386 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Leave a reply