Breaking News: Umugore wa Gen.Rusagara yapfuye
— August 18, 2016
Please enter banners and links.

Kuri uyu munsi taliki 18 Kanama 2016 Umugore wa Rtd Brig Gen Frank Rusagara wahoze ari umusirikare mukuru mu gisirikare cy’u Rwanda, yitabye Imana aguye i Burayi mu gihugu cy’u Bwongereza aho yari amaze igihe arwariye, bikaba bivugwa ko yazize kanseri.
Amakuru yizewe agera ku Kinyamakuru Umusingi avuga ko Rusagara Christine yari amaze igihe kirekire yivuriza mu bitaro byo mu Bwongereza, kugeza aho kuri uyu wa Kane yaje kwitaba Imana, mu gihe umugabo we ari muri gereza mu Rwanda.
Christine Rusagara yapfuye asize abana batanu yabyaranye na Rtd Brig. General Frank Rusagara, aba bana bakaba bagiye gusigara mu miryango batari kumwe n’ababyeyi kuko se nawe afunzwe aho agomba kumara imyaka 20 muri gereza.

Christine Rusagara n’umugabo we Brg.Gen.Frank Rusagara
Brig Gen Frank Rusagara wahoze ari umusirikare mukuru mu ngabo z’u Rwanda akaza kujya mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma agakurikiranwa n’ubutabera, muri Werurwe uyu mwaka yahamijwe ibyaha byo kwamamaza nkana ibihuha no kugomesha rubanda abangisha ubutegetsi buriho, gukora igikorwa kigamije gusebya Leta ari Umuyobozi, ndetse no gutunga imbunda binyuranije n’amategeko, bituma akatirwa imyaka 20 y’igifungo.
Muhungu John
3,640 total views, 3 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply