Uzi Impamvu umuhungu wa Gadaffi agiye kuba Perezida wa Libiya ?
— August 2, 2016
Please enter banners and links.

Umuhungu wa Perezida Gadafi witwa Saif al-Islam Gaddafi aherutse kurekurwa ava muri gereza ubu akaba ameze neza mu gihugu cya Libiya nyuma yo gusimbuka urpfu n’ubwo agikurikiranwa n’urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) kubera ibyaha ashinjwa byo guhungabanya uburengazira bwa muntu n’ibyaha byibasiye inyoko muntu.
Umwunganira mu mategeko akaba yaratangarije Ikinyamakuru The Telegraph.co.uk ko ubu ari hanze mu gihugu ameze neza .
Saif al-Islam Gaddafi bivugwa ko ari umunyagitugu (Dictator)yari yarakatiwe igihano cy’urupfu n’urukiko rwo muri Libiya agomba kurasirwa ku karubanda ariko burya umunsi w’umuntu iyo utaragera ntapfa ,ubu igihano cy’urupfu bakimukuriyeho ndetse agiye kuba Perezida wa Libiya. Saif al-Islam Gaddafi akaba yarafungiye mu Majyepfo y’igihugu cya Libiya mu Mujyi witwa Zintan.


Umwunganizi we witwa Karim Khan QC yatangarije igitangazamakuru France 24 ko yarekuwe mukwezi kwa 4 hitabajwe itegeko rya Amnesty ubu akaba ari mu rugo rwe muri Libiya ameze neza nta kibazo.
Uyu muhungu wa Gadaffi bikaba bivugwa ko impamvu yarekuwe ni uko bashaka kumugira Perezida w’igihugu cya Libiya amahoro akagaruka kuko kuva ise yakwcwa nta mahoro yigeze aba mu gihugu cya Libiya.
Abantu benshi bababajwe n’urupfu rwa Gadaffi dore ko yagambaniwe n’abazungu akicwa bamusanze aho yari yihishe mu mwobo.
N’ubwo Gadaffi yari umunyagitugu ariko nyuma y’urupfu rwe nibwo batangiye kubona ko yari abafatiye runini .Abana barigaga ku buntu ,abantu bivurizaga ubuntu ,abadafite akazi barahembwaga bakabona ayo kubatunga n’ibindi byinshi.
Nyuma yo kubona ko nta wundi wagarura amahoro muri Libiya ibihugu nka America ,Ubufaransa n’ibindi byahisemo ko umuhungu wa Gadaffi witwa Saif al-Islam Gaddafi bwo basanze ataricwa nkuko yari yakatiwe urwo kwicwa arasiwe ku gasozi isi yose irebe ko ariwe bakoresha kugirango imirwano n’intambara bishire muri Libiya.
Ariko kuri iki gitekerezo abantu batandukanye baragishimye aho kugirango abantu bakomeze bicane ariko uyu mugabo abaturage bumvise ko yarekuwe ndetse agiye kuba Perezida babyishimira n’imirwana bakayihagarika.
Abandi bavuga ko ibihugu byagize uruhare mukwica Gadaffi byatangiye gusaba imbabazi kubera ko basanze baramwiciye ubusa kuko abagundiriye ubutegetsi muri Afurika n’ibenshi uhereye no kuri Robert Mugabe wa Zimbabwe n’abandi benshi bamaze imyaka n’indi myinshi kubutegetsi .
Gatera Stanley
3,118 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Leave a reply