umu amakuru- Kabuga Félicien bwa Mbere mu rukiko i La Haye-Amafoto | Umusingi

Kabuga Félicien bwa Mbere mu rukiko i La Haye-Amafoto

Please enter banners and links.

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Ugushyingo 2020, ku nshuro ya mbere Kabuga Félicien ukurikiranweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994 yagejejwe mu rukiko i La Haye mu Buhorandi.

Ni nyuma yuko urwego rwasigariyeho inkiko mpuzamahanga zirimo urwari rwarashyiriweho u Rwanda, IRMCT, rwemeje ko kuri uyu wa Gatatu ari bwo Kabuga Félicien yagejejwe imbere y’urukiko ku nshuro ya mbere, nyuma yo koherezwa muri gereza y’i La Haye mu Buholandi.

Ku itariki ya 08 Ugushyingo 2020, nibwo umucamanza lain Bonomy wahawe kuburanisha urubanza rwa Kabuga yaruhaye itariki, nyuma yo kurangiza iminsi 10 mu kato, nk’uko bigenda ku muntu wese winjiye mu Buholandi, mu gukumira Coronavirus.

Kabuga yafatiwe mu Bufaransa tariki ya 16 Gicurasi 2020. Mu kwezi gushize k’Ukwakira, ku itariki 21 Urwego rwasigariyeho icyahoze ari Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (IRMCT) rwemeje ko abanza kujyanwa by’agateganyo ku ishami ryarwo i La Haye mu Buholandi, aho kujyanwa Arusha muri Tanzania.

Kabuga Felcien

 

Inteko y’abacamanza baburanisha uru rubanza rwa Kabuga, igizwe n’umucamanza Iain Bonomy, ari na we uyiyoboye, umucamanza Graciela Susana Gatti Santana, ndetse n’umucamanza Elizabeth Ibanda-Nahamya.

 

3,040 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.