Goverinoma ya Ugannda yatangije igikorwa cyo guha imiryago igera kuriMiliyo 9 ama Radio .
— July 22, 2020
Please enter banners and links.

Umukuru w’igihugu cya Uganda Yoweri Museveni yatangaje ko goverinoma igiye guha imiryango yo muri Uganda miliyoni 9 ama radio azabafasha mu kwiga.
Museveni yabitangaje nyuma yuko ahinduye icyemezo cyuko azafungura ibikorwa nyuma y’uko hari harashyizwe ingamba kubera covid-19 bazaguma mu kato akaba yabitangaje kuri uyu wa kabiri tariki 20 Nyakanga 2020 nijoro.
Umukuru w’igihugu Museveni yatangaje ko ibyemezo byo gufungura no gutangira kw’amashuri bizafatwa ndetse bikanatangazwa mbere y’ukwezi kwa 9.
Yatangaje ko kwihuta afata icyemezo nonaha bitaba byiza kuko igisubizo gishoboka cyamenyekana igihe icyo aricyo cyose nko kuba haboneka umuti n’urukingo kuri virus iri guhitana benshi.
Umukuru w’igihugu yatangaje ko kuri uyu wa kabiri nyuma ya saa sita yagiranye inama na minisitiri w’uburezi ndetse ni icungamutungo bemeza ko amafaranga yabonetse yo kugura radio kandi bagiye kuzigeza ku banyeshuri kugirango babashe kwiga.
Museveni yavuzeko ubu buryo bwo gukurikirana amasomo bategeranye aribwo bwiza ku banyeshuri bwo gukomeza kwiga bategeranye bakurikira amasomo yabo ku ma radio ndetse na ma televisio.
Goverinoma yateganyije radio zingana na miliyoni 9 izajya kuri buri muryango ndetse n amatelevisio angana na 137,466 zikoreshwa n’imirasire y’izuba bizahabwa abaturage bo mu byaro mu bice byose by’igihugu.
Bahawe biliyoni 55.8 Shillings avuye mu bufatanye kw’isi mu burezi yo gufasha mu ishyirwa mu bikorwa ryo kwiga hashyizwemo intera.
Amashuri yahagaritswe kugirango hagabanywe ikwirakwizwa ry’icyorezo cya covid-19 .Iki gikorwa cyo gutanga ama radio na Televiziyo ni zimwe mu ngamba zo kwirinda COVID-19 nkuko tubikesha bimwe mu binyamakuru byo muri icyo gihugu cya Uganda.
Yahinduwe mu Kinyarwanda na Ishimwe Marie Gabriella
2,386 total views, 3 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply