Mukantaganzwa Domitilla wamenyekanye cyane igihe cya Gacaca yagizwe Perezida wa Komisiyo yo kuvugurura amategeko
— December 5, 2019
Please enter banners and links.

Mukantaganzwa Domitilla wamenyekanye cyane ubwo yari ayoboye urwego rw’igihugu rushinzwe inkiko Gacaca, yagizwe Perezida wa Komisiyo y’u Rwanda ishinzwe ivugururwa ry’amategeko.
Ibaruwa yashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard, ibwira Mukantaganzwa ko ‘Ndakumenyesha ko Perezida wa Repubulika yagushyize mu mwanya wo kuba Perezida wa Komisiyo y’u Rwanda ishinzwe ivugururwa ry’amategeko guhera none kuwa 4 Ukuboza 2019’.
Mukantaganzwa asimbuye kuri uwo mwanya Havugiyaremye Aimable uherutse kugirwa Umushinjacyaha Mukuru.
Mukantaganzwa yabaye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ Urwego rw’Igihugu rushinzwe Inkiko Gacaca mu bihe bigoranye kugeza ubwo hari n’abamwitaga ‘Madamu Gacaca’.


Azwiho kuba yarabaga afite igisubizo ku kibazo cyose kijyanye n’inshingano ze, n’amadosiye ya Gacaca akomeye yose yabaga ayazi mu mutwe. Nyuma y’aho Inkiko Gacaca zisorejwe, yagizwe Komiseri muri Komisiyo y’igihugu yo Kurwanya Jenoside.
Ni umwe mu bari bagize itsinda ryanditse Itegeko Nshinga ry’u Rwanda rya 2003 ryavuguruwe mu 2015.
Abantu benshi ntibari bazi aho akora cyangwa aho aherereye n’ibyo akora ku buryo usanga muri Kigali bavuga ko yari yaribagiranye.
6,990 total views, 3 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply