Uwishe umuhanzi Radio muri Uganda yahamijwe ibyaha ariko ibindi aba umwere
— October 28, 2019
Please enter banners and links.

Urukiko rukuru rwa Entebbe muri Uganda rwahamije Godfrey Wamala uzwi nka Troy washinjwaga kwica umuhanzi ‘Moses Nakintije Ssekiboga’ wari uzwi ku izina ry’ubuhanzi nka Mowzey Radio muri Uganda akaba yararirimbaga mu itsinda rya ‘Good Life’.
Nk’uko ikinyamakuru Daily Monitor dukesha aya makuru cyabyanditse kuri uyu wa mbere taliki ya 28 Ukwakira 2019 nibwo umucamanza mu rukiko rukuru rwa Entebbe, Jane Abodo, yavuze ko Godfrey Wamala bakunze kwita Troy ahamwa n’ibyaha bitandukanye harimo no kwica Mowzey Radio yashinjwaga.
Nubwo uyu mucamanza yavuze ko Wamala atari yagambiriye kwica Mowzey Radio yavuze ko n’ubwo yitabye Imana nyuma y’aho barwaniye mu kabari. Mu gusoma umwanzuro umucamanza yavuze ko kuba Wamala yariyemereye ko ahabereye icyaha yari ahari kandi ko kuba bararwanye mbere y’uko apfa byashingirwaho ahamwa nicyo cyaha.

Nyakwigendera Mowzey Radio

Godfrey Wamala uzwi nka Troy azanywe mu rukiko
Mu kwiregura Wamala wari ushinzwe umutekano mu kabari,abo bakunda kwita kanyama yahakanye ko atigeze akora kuri uyu muhanzi, ahubwo abigereka ku bandi bagabo bari aho mukabari yemeje ko yabiboneye n’amaso ye bamukubita.
.umucamanza Jane Abodo yimuriye urubanza tariki 31 Ukwakira 2019 ari nabwo azatangaza igihano kizakatirwa Godfrey Wamala wamaze guhamwa n’icyaha, kuko yavuze ko kuba Wamala atarishe Radio abishaka byatumye icyaha kitagira uburemere nk’ubw’ubwicanyi busanzwe buhanishwa igihano cy’igifungo cya burundu.
Tariki 22 Mutarama 2018 ni bwo Radio yakubitiwe mu kabari kazwi ku izina rya ‘De Bar’ kari mu mujyi wa Entebbe aho yari yasohokeye n’izindi nshuti ze.
Nyuma y’iminsi arwariye mu bitaro bya Case Medical Centre, Radio yitabye Imana tariki 01 Gashyantare 2018, Wamala wari ukurikiranyweho kumwica yahise yishyikiriza Polisi tariki 04 Gashyantare 2018 ahita afungwa kugeza ubu.
Abo mu muryango wa Radio bavuga ko hari abantu bagambaniye umuntu wabo kubera amakimbirane aba mu bahanzi na ba manager ndetse na bimwe mubyo yari afite harimo amafaranga abamugambaniye bayatwaye kuko bamuziho ko ategendaga adafite amafaranga ndetse na Telephone zimwe hakaba hari abazifite banze kuzitanga.
Noella
4,683 total views, 3 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Muri Honeys abakobwa babacurika imitwe amaguru hajuru bakabashyiramo amacupa mu bitsina(Vedio)
SODOMA NA GOMORA,AKABARI NEW BEST BISHYURA KUREBA ABASAMBANA KU MUGARAGARO,BIRATANGAJE
Abahanzi bavukana Weseal n’umugore we Miss Sandra Teta ,Chameleon na Palaso basigaye bacurangira mu kabari kamwe (Video))
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Leave a reply