umu amakuru- Bobi Wine ,Bebe Cool na Chamilion kuki bose bagendeye mu kagari k’abafite ubumuga, n’ukwiganana? | Umusingi

Bobi Wine ,Bebe Cool na Chamilion kuki bose bagendeye mu kagari k’abafite ubumuga, n’ukwiganana?

Please enter banners and links.

Abahanzi bakomeye kandi bakunzwe bakoze izina muri Uganda Bobi Wine ,Bebe Cool na Chamilion bose bagende bagendeye mu tugari tw’abafite ubumuga abantu bakaba bibaza niba aru ukwiganana.

Habanje Chamilion bivugwa ko yavuye kuri eteje hejuru muri Tanzania akagwa akavunika amaguru akajya agendera mu kagari n’ubwo hari andi makuru yavugaga ko yabeshyaga utava kuri eteje ukavunika amaguru gusa ntugire ahandi ukomereka.

Hakurikiyeho Bebe Cool barashe ukuguru bivugwa ko ari abahanzi bagenzi be bamugambaniye barimo Weasel na Radio ubu wapfuye kubera ko icyo gihe umugore wa Bebe Cool Zuena yari yarahukanye bivugwa ko abana na Radio kuko ariwe bakundanye cyera mbere y’uko ashakana na Bebe Cool.

Bebe Cool bamurasiye mu gitaramo yari yagiyemo bityo ajya mu bitaro kwivuza ndetse Perezida Museveni akaba yaramusuye avuye mu bitaro yatangiye kugendera mu kagari k’abafite ubumuga.

Chamilion

Bobi Wine

Bebe Cool

Hakurikiyeho Bobi Wine ubwo yari avuye mu gitaramo cyapfiriyemo umushoferi we muri Arua ,ubwo abasirikare bamusangaga muri hotel yararagamo bakamukubita ndetse akamara igihe afungiye ahantu hatazwi kugeza ubwo byasakuje cyane igisirikare kikamwerekana agendera mu mbago hanyuma bamurekuye avuye mu rukiko kuko yashinjwaga gutunga imbunda ariko urukiko rumugira umwere ahita ajya kwivuriza muri Amerika ariko muri iyo minsi agendera mu kagari k’abafite ubumuga.

Abantu ubu baribaza ese kuki aba bahanzi bakomeye muri Uganda basa n’abahanganye mu bintu byose bose iki kintu cyabagezeho?.

Bose batangira umuziki cyera barakundanaga ariko nyuma baza kwangana urunuka ariko kwangana kwabo byatumye babyungukiramo kubera ko buri umwe yari afite abafana be ,usohoye indirimbo impande zose zigashaka kumva iyo ndirimbo n’itangazamakuru rikabigiramo uruhare bityo bituma umuziki uzamuka cyane.

Byageze aho ibyo guhangana kuri Chamilion na Bobi Wine birarangira ubu bakaba ari inshuti ariko Bobi Wine na Bebe Cool bo bakaba batazigera bumvikana ukurikije uburyo bameranye kuko Bobi Wine aba muri Opozisiyo ndetse Museveni aramukoresha mu kurwanya Bobi Wine ndetse na Chamilion na Bebe Cool nabo bakaba badahuza.

Muhungu John-Kampala

3,811 total views, 5 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.