umu amakuru-  Abahanzi basigaye bashaka kumenyekana bakoresheje kubeshya mu itangazamakuru | Umusingi

Vanesas  Abahanzi basigaye bashaka kumenyekana bakoresheje kubeshya mu itangazamakuru

Please enter banners and links.

Vanesas

 

Muri iki gihe bamwe  mu bahanzi batandukanye bashaka kumenyekana ari uko babeshye mu itangazamakuru aho gukora ibikorwa byabo bigatuma bamenyekana cyane.

Olvis Mugabo na Derek babarizwa mu itsinda Active  n’inshuti zabo Vanessa na Teta Sandra ubu mu bitangazamakuru byo mu Rwanda haravugwa bo gusa ko batandukanye.

Hari abandi batangiye kuvuga ko barimo gusabana imbabazi ngo basubirane bias nkaho mu minsi ya vuba izi nkuru zizasimbura izi zirimo kwandikwa hagasubiraho izivuga ko basubiranye nyuma yo guterana amagambo.

Umwe mu nshtu z’aba bahanzi n’inshuti zabo utarashatse ko amazina ye atangazwa yatangarije Ikinyamakuru Umusingi ko mu minsi yavuba muzumva basubiranye.

????????????????????????????????????

Vanesaa

????????????????????????????????????

????????????????????????????????????

Yagize ati “iby’abahanzi ntago mwe abanyamakuru murabimenya kuko ubu basigaye bashakisha kumenyekana ari uko babeshye kuko batabeshye ntibamenyekana niyo mpamvu basigaye bahimba bakabeshya itangazamakuru rigakwirakwiza bikagera kure bityo bakaba baramenyekanye”.

Olvis wari umaze igihe akundana na Miss Vanessa Uwase ku rubuga rwe rwa Instagram yagize ati  “Uwo ukunda nagenda ntukababare, kuko aba agiye guha umwanya ugukunda byanyabyo”.

Ibi Olvis yabivuze nyuma y’amagambo Miss Uwase Raissa Vanessa wabaye igisonga cya mbere cya Miss Rwanda 2015 yari yatangaje agira ati “Mbega ukuntu nari nkumbuye ubuzima bwo kuba ingaragu… Ndacyari muto sinabasha kurera umwana w’abandi kandi ndakuze sinabasha gukomeza gutegereza, nakundaga umukunzi wanjye kugeza ubwo mbonye ko agifite imyaka myinshi yo gukura, ariko simfite n’umunota wo kumutegereza”.

Icyatumye abantu bamwe bavuga ko ari ugashaka gukora izina kugirango bamenyekane ni uko inkuru ya Miss Uwase Vanessa yari ikivugwa ako kanya hakazamo iya Miss Teta Sandra nawe ngo yatandukanye na Derek.

Aba bakobwa bombi n’inshuti ni gute bombi batandukana n’abahungu b’inshuti zabo babahanzi?.

Ni gute Olvis na Derek batandukana n’abakobwa bakundanaga nabo umunsi umwe kandi aba bahungu ni abahanzi baririmba mu itsinda rimwe ryitwa Active?Ni gute Miss Uwase Vanessa na Miss Sandra Teta bombi ari ba Miss kandi ari inshuti batandukana n’abahungu bakundana nabo icyari mwe ?ibi n’ibibazo abantu barimo kubaza kuko bidasobanutse uburyo batandukana ariyo mpamvu bavuga ko ari ugushaka gukora izina mu bitangazamakuru bitandukanye.

Teta na Derek

Ku rundi ruhande Sandra Teta na Derek nabo basaga nk’abari baraciye umubano ariko baranze kwerura ngo babivuge.

Akimara kumenya ibyo Vanessa yavuze kuri Olvis, Derek yahise atangaza ko noneho nawe atandukanye ku mugaragaro n’umukunzi we Teta, avuga ko ari ‘single’.

Teta Sandra yavuze  ko nta kindi kibazo yari afitanye na Derek, ko yabonye yandika ko ari ‘Single’bivuze ko nta mukunzi afite kandi njye nziko dukundana .

sandraaa

sanndra

sanddra

Sandra

Yagize ati “Iyo umuntu avuze ko ari ‘Single’ biba bifite igisobanuro cyabyo niba yaranditse ko ari ‘single’ ubwo ntabwo tukiri kumwe. Ntabwo twigeze tuvugana ko twatandukanye ariko uko yabyanditse nyine ni uko. Twe twari tumeze neza nta kibazo, kuri njyewe nta kibazo twari dufitanye. ”

Derek atangaza ko yatandukanye na Sandra Teta kubw’impamvu zabo bwite bifuje guhisha mu buryo bwo gushaka kumuguma bubahana nk’inshuti, ariko ko babonye bitagishobotse gukomeza gukundana.

Noella

 

3,171 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.