Abasirikare 30 bafashwe bashaka guhirika ubutegetsi bwa Perezida Museveni
— June 13, 2016
Please enter banners and links.

Mu gihugu cya Uganda Kuwa 10 Kamena 2016 hafashwe abasirikare 30 barimo umu captain umwe bivugwa ko bashakaga gukoraho ubutegetsi bwa Perezida Museveni.
Umuvugizi w’igisirikare witwa Paddy Ankunda akaba yemeje aya makuru aho yagize ati “hari abasirikare 30 bafashwe mu bigo bya gisirikare bitandukanye bacyekwaho gushaka guhirika ubutegetse ubu bakaba bafunzwe ariko turacyakora iperereza dufatanije na polisi”.
Ibi Paddy akaba yarabitangarije igitangazamakuru AFP aricyo dukesha iyi nkuru .
Biravugwa ko aba basirikare bafatanije umugambi na Dr.Kiiza Besigye nawe ufungiye muri Gereza ya Luzira aho ashinjwa ibyaha birimo kugambanira igihugu.
Paddy akaba yanavuze ko hari n’Umudepite umwe wo mu Ishyaka rya Opozisiyo rya FDC rihagarariwe na Dr.Kiiza Besigye na Gen.
Mugisha Muntu wafashwe nawe ari mu mugambi wo guhirika ubutetsi bwa Perezida Museveni .
Umuvugizi w’igisirikare cya Uganda Paddy Ankunda akaba yavuze ko umudepite witwa Michael Kabaziguruka uturuka mu Ishyaka rya Dr.Kiiza Besigye ariwe wafashwe nawe ari mu mugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Museveni .
Umuvugizi w’Ishyaka rya FDC rya Besigye witwa Ssemujju Nganda akaba yatangarije abanyamakuru ko yasuye Michael Kabaziguruka akamubwira ko yabajijwe ku bijyanye n’umutwe w’abasirikare b’inyeshyamba zashakaga gukura Perezida Museveni ku butegetsi maze avuga ko ibyo yabajijwe atabizi .
Muhungu John
2,586 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Leave a reply