umu amakuru- Yatemye sebukwe ukuboko agucaho amuziza ko atagiriye inama umukobwa we | Umusingi

muko1-703x422Yatemye sebukwe ukuboko agucaho amuziza ko atagiriye inama umukobwa we

Please enter banners and links.

muko1-703x422

Umugabo witwa Moses Makanga ufite imyaka  47 y’amavuko yagize ibyago ubwo umukwe we yamusanze mu bwogero akamutemaho ukuboko kugacika amuziza ko umukobwa we babyaranye yahukaniye kwa se akamusigira abana bakaba bamujije amahoro ariko ise w’umukobwa ntagire icyo abikoraho.

Ibi byabereye mu gihugu cya Uganda ejo Kuwa 3 Kamena 2016 mu gace kitwa Busige mu Karere ka Kamuli ,bikaba byabaye saa tatu zijoro ubwo Makanga yari asohotse ateruye ibase irimo amazi agiye mubukarabiro maze umukwe we akamutemaho ukuboko kukavaho .

Mkanga yagerageje gutabaza ati mu ntabare umukwe aranyishe ,umugore wa Makanga yagiye gusohoka mu nze usanga umukwe wabo witwa Sekate yirutse .

muko1-703x422

Bivugwa ko umukobwa wa Makanga witwa Nabirye ufite imyaka 24 ari we mugore wa Sekate yahukanye muri Gashyantare 2016 asubira kwa se ,hatarashira igihe gito ashakwa n’undi mugabo.

Makanga avuga ko umukobwa Nabirye yamubyaranye n’umugore witwa Asiina Tibafaananika batandukanye akajyana umwana .

Makanga ati “nagiye kumva numva ngo umugore yashyingiye umwana amubonamo ibintu byinshi cyane njye ntacyo bamaye ariko hashize igihe gito cyane numva inkuru ko umukobwa wanjye yatandukanye n’umugabo nyina yamushyingiye ngo ashaka undi mugabo”.Makanga yakomeje avuga ko yagiye kubona abona umugabo umwibwira amazina ye ko yitwa Sekate  ati ninjye umukwe wawe ariko umukobwa wawe Nabirye yarahukanye ansigira abana 2 .

Naramujyanye mugeza kwa nyina twabyaranye uwo mukobwa kuko ariwe wamushyingiye ari nawe umugabo yahaye ibintu byinshi ariko ndebera ukuntu ingaruka z’umugore n’umwana ari njye zigize gutya ,ubu mbaye ikimuga kubera impamvu z’umugore twatandukanye n’umwana utaba iwange.

Sekate bivugwa ko no kuwa mbere yagarutse afite esanse ayisuka ku nzu ya sebukwe arangije arayitwika irashya irakongoka n’ibintu biyirimo byose.

Umukuru w’Akagali kitwa Busige witwa  John Bagende yatangaje ko yihanije Sekate ubutemu akorera umukwe we ndetse akorera no mu gace ayobora ndetse avuga ko bamenyesheje polisi ikaba yatangiye gushakisha Sekate kugirango ahanwe bikomeye.

Byashyizwe mu Kinyarwanda na Muhungu John

3,314 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.