Umunyamideli w’umunyarwanda Aline Mukamusoni uba muri Ghana arishimira intambwe agezeho ariko abikesha mushuti we wamusanze arira amugira inama
— March 8, 2019
Please enter banners and links.

Aline Mukamusoni n’umukobwa w’Umunyarwanda w’umunyamideli uba mu gihugu cya Ghana akaba yagiranye ikiganiro n’Ikinyamakuru Umusingi ku bijyanye n’umwuga w’ubunyamideli amaze kugira umwuga umwinjiriza.
Kuwa 6 Werurwe 2019 Aline Mukamusoni yabwiye Ikinyamakuru Umusingi impamvu ashaka ko umwuga we w’ubunyamideli utera imbere abifashijwemo n’itangazamakuru kugirango abantu batandukanye barimo abafite ibigo bikomeye bashobora kumuha akazi.
Ikinyamakuru Umusingi cyamubajije uburyo yinjiye mu bunyamideli avuga ko yabikundaga akiri muto ariko ntabihe agaciro kugeza ubwo umunsi avuga atazibagirwa wahinduye ubuzima bwe butangira kuba bwiza.







Aline Mukamusoni


Aline yagize ati “Uyu munsi sinzawibagirwa mu buzima kuko narababaye ndarira ariko muri uko kurira niho amahirwe yanjye yaziye aho nari mu ishuri n’abana bafite iwabo babakire kandi bagatsindira hejuru kundusha.Mu gihe bishimiraga amanota bari babonye njye natangiye kurira maze mushuti wanjye araza atangira kumbaza icyo nabaye aranyinginga ngo nseke arongera ati uziko ingendo yawe ibereye kuba umunyamideli kandi wabishobora maze numva ambwiye ikintu kiza kandi nanjye nakundaga mbitangira gutyo mbona birakunze ubu ngeze ku rwego rwiza n’ubwo hakiri urugendo”.
Yaganiriye n’Ikinyamakuru Umusingi ku ngingo zitandukanye ndetse agira inama abandi bakobwa bakunda Modeling ko nta muntu wakubwira cyangwa waguhatira kubikora ahubwo n’ibintu umuntu avuka bimurimo wenda bamwe bagira ibibaca integer ariko iyo ubikunda ,ukajya witabira ibirori by’imideli cyangwa ukabireba kuri Televiziyo bigenda biguhindura bikwinjiramo kugeza ubwo nawe utangiye kujya witabira amarushanwa mpuzamahanga icyo gihe uba umaze kugera ku rwego rushimishije rukwinjiriza.
Aline twaganiriye byinshi agira inama abakobwa bakunda uyu mwuga kumenya kwicisha bugufi ndetse kandi ko byibuze bagomba kuba bazi indimi ebyiri z’amahanga kugirango bigufashe kugera kure nawe ubu akaba yiga I Gifaransa kiyongera ku Cyongereza azi neza.
Itangazamakuru icyo ryamufasha kugirango amenyekane hirya no hino kugirango abakeneye kumuha akazi babe bamumenya n’ibikorwa byimenyekane ku isi yose.Uwashaka kumukurikira kuri twitter mushobora kumukurikira ku mazina yitwa Aline Amike M.
Noella
5,615 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Muri Honeys abakobwa babacurika imitwe amaguru hajuru bakabashyiramo amacupa mu bitsina(Vedio)
SODOMA NA GOMORA,AKABARI NEW BEST BISHYURA KUREBA ABASAMBANA KU MUGARAGARO,BIRATANGAJE
Abahanzi bavukana Weseal n’umugore we Miss Sandra Teta ,Chameleon na Palaso basigaye bacurangira mu kabari kamwe (Video))
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply