Gukingira ikibaba abayobozi b’Akarere ka Ruhango b’ikomeje guhombya Leta.
— May 28, 2016
Please enter banners and links.

Akarere ka Ruhango kavuzwemo kunyereza amafaranga ya Leta ndetse kavugwamo imikorere mibi itandukanye ariko yose iganisha ku mitungo no kunyereza ariko kugeza uyu munsi bamwe mu baturage baribaza impamvu inzego zibishinzwe ntacyo zirakora.
Ikinyamakuru Umusingi cyamenye amakuru ko hari rwiyemezamirimo Akarere kahaye watsindiye isoko ryo kubaka ibimoteri aratangira ariko ba Meya ba Ruhango isoko bararimwambura bariha undi rwiyemezamirimo witwa Aimable ndetse bamuha Miliyoni Magana abiri na Mirongo itanu (250M)amaze kuzifata yigira muri Sudan.
Rwiyemezamirimo wa mbere wari watsindiye isoko ryo kubaka ibimoteri ahitwa Rwoga ,ubu akaba yarareze Akarere ka Ruhango gategekwa kumwishyura Miliyoni Makumyabiri n’eshanu (25M) ayo yose n’amafaranga ya Leta aba arimo guhomba kubera imikorere y’abayobozi bako Karere.

Kambayire wari gitifu w’Akarere ubu ni Visi Meya

Meya Mbabazi Franscois
Sibyo gusa kuko hari imodoka itwara abarwayi (Ambulance)yari yahawe ikigo nderabuzima cya Mwendo aho kuyijyanayo bahise bayijyana mu I Garage I Kabgayi aho imaze imyaka irenga ibiri buri munsi iyo modoka aho iparitse ibarirwa ibihumbi bitatu by’amafaranga y’u Rwanda ,ayo mafaranga akaba agera muri Miliyoni eshatu.
Umwe mu baturage utarashatse ko amazina atangazwa yatangarije Ikinyamakuru Umusingi ko impamvu imodoka ya Ambulance yajyanywe mu I Garage ari uko bashakaga ko bayibarira amafaranga menshi nabo bagasaguraho ayabo ariko abo mu kanama gashinzwe amasoko barabitahura umugambi urabapfubana bakareba kuyikurayo bari bubazwe amafaranga yayikoresheje aho yavuye kandi barayijyanye bavuga ko yapfuye birabayobera bahitamo kuyireka burundu ikigumira mu I Garage kuko ubu bitewe n’igihe ihamaze amafaranga yayishyura parikingi gusa yagura indi modoka .
Uretse rwiyemezamirimo wahunganye amafaranga y’Akarere yo kubaka ibimoteri n’imodoka ya Ambulance hari n’ikibazo cy’amazu 2 yubatswe ku rutare rwa Kamegeri nayo bivugwa ko amafaranga yavuzwe ari menshi cyane ugereranije ni uko ayo mazu angana.
Hari moto nayo yari yarahawe ikigo nderabuzima cya Mwendo cyayoborwaga na Kabanda Florbert wafatanije na Meya wa Ruhango Mbabazi Franscois Xavier bakajyana imodoka mu I Garage ariwe watanze moto y’ikigo yayoboraga ikajya kwigishirizwaho gutwara moto ikaba yarapfuye nayo iparitse.
Abaturage baribaza impamvu amakuru yose azwi mu Karere ariko inzego zikaba ntacyo zirabikoraho ahubwo bamwe bagenda bigamba ko niyo ibinyamakuru byakwandika ibyo bishaka ntacyo byahindura.


Imodoka ya Ambulance yaboreye mu i Garage yakabaye itwara abarwayi b’indembe kwa Muganga (Photo Umusingi)


Kabanda Florbert yatangarije Ikinyamakuru Umusingi ko niyo cyakwandika inshuro igihumbi ntacyo byatanga none bisa nkaho ibyo yavuze ari ukuri kuko abantu bari baza ibibazo byo kunyereza amafaranga no gusesagura imitungo ya Leta ariko ntibakurikiranwe mu gihe abandi bahita batabwa muri yombi.
Bamwe mu bayobozi b’Akarere ka Rutsiro barafashwe mu mezi ashize bavugwaho imikorere mibi ndetse n’abanyamabanga b’imirenge benshi barafunzwe bazira imikorere mibi ariko aba Ruhango bo bakingirwa nan de ikibaba?.
Ku kibazo cy’amoto Kabanda Florbert yavuze ko cyabaye yarahavuye kubera iyo mpamvu bikwiye kubazwa uwamusimbuye ariko yiyibagije ko icyaha ari gatozi ku wagikoze ,ntawabazwa iby’undi.


Amwe mu mazu atavugwaho rumwe bivugwa ko habayeho gupyeta
Hari n’amakuru avugwa ko igihe Kabanda yari umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Mwendo imiti y’ikigo yajyaga ibura ndetse bikavugwa ko ariwe wayitwaraga.
Ubu Kabanda Florbert akaba afite Clinique 2 imwe mu Ruhango indi I Muhanga ndetse akaba yarasezeye avuga ko agiye kwiga I Bugande ariko amakuru akaba avuga ko ntaho yagiye kwiga.
Ku kijyanye n’imiti ivugwa ko Kabanda ariwe wayijyanye abajijwe niba abizi ibimuvugwaho yasubije mu mutumwa bugufi kuri Telephone ati “mubabwire bandike”.

Kabanda Florbert wayoboraga ikigo nderabuzima cya Mwendo
Ikindi bamuvugaho ni uko yasezeye ubwo ibi byose byavugwaga ariko mu matora y’inzego zibanze akaba yarasubiyemo ,abantu bakibaza uburyo asubiramo kandi yari yarasezeye.
Ku kibazo cy’imikorere mibi muri Ruhango Meya Mbabazi Franscois akaba yaranze kugira icyo adutangariza uretse rimwe yigeze kubwira umunbyamakuru ati “ibinyamakuru niyo byanyandika ibingana gute ntacyo bimbwiye”.
N’ubutumwa bugufi ntajya abusubiza kandi azi neza ko umuyobozi wese afite inshingano yo gutanga amakuru.
Ikinyamakuru Umusingi cyashatse kubaza umuvugizi wa Polisi y’igihugu ACP Twahitwa Celestin niba iki kibazo bakizi n’ingamba zafatwa kuko abaturage muri Ruhango bibaza uburyo umutungo wa Leta wangizwa n’abantu ntibabibazwe bikabayobera ariko ntiyitabaga Telephone ye.
Ubwanditsi
3,296 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply