umu amakuru- Bobi Wine kumugaragaro yemeye ko azahangana na Peezida Museveni mu matora ya 2021 bitera benshi ubwoba | Umusingi

Bobi Wine kumugaragaro yemeye ko azahangana na Peezida Museveni mu matora ya 2021 bitera benshi ubwoba

Please enter banners and links.

Umuhanzi akaba n’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Robert Kyagulanyi, uzwi nka Bobi Wine wakuriye mu buzima bwa Ghetto yemeje ko azahatana na Perezida Museveni mu matora ateganyijwe kuba mu 2021 bitera benshi ubwoba.

Ibi yabivugiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu kiganiro yagiranye na Televiziyo ya CNN. Bobi Wine yagiye muri Amerika nyuma y’uruzinduko yari yagiriye muri Jamaica aho yahuye n’abayobozi batandukanye barimo Minisitiri w’Intebe w’icyo gihugu  akanaririmba mu gitaramo akahava bamwemereye ubwene gihugu.

Uyu mudepite uhagarariye agace ka Kyadondo y’Uburasirazuba yavuze ko umugambi we n’abambari be bahuriy muri People Power ari ugukura Perezida Museveni ku butegetsi binyuze mu matora azaba mu 2021.

Ati “Turashaka ko Abagande benshi bazatora biyandikisha niyo nzira yonyine yo gutsinda Museveni. Abantu benshi bansabye kubahagararira njye n’ikipe yanjye twabiganiriyeho navuga ko njye n’ikipe yanjye dukomeje umugambi wo guhangana na Perezida Museveni mu matora ataha.”

H.E Bobi Wine

H.E Museveni Yoweri Kaguta

Kuva Bobi Wine yatorwa tariki 30 Kamena 2017 yagaragaje ko adashyigikiye na gato ubutegetsi bwa Perezida Museveni n’ishyaka rye rya NRM.

Mu mvururu zatewe n’amatora yo gushaka umudepite wagombaga guhagararira agace ka Arua uwari ugahagarariye yishwe n’abantu batazwi ,zanahitanye umushoferi we, Bobi Wine yarafashwe arafungwa anakorerwa iyicarubozo ku buryo yagiye kwivuriza muri Amerika.

Aherutse gutuma Minisitiri w’Umutekano, Gen Elly Tumwiine, kuri Museveni ko ‘bakeneye intebe ya perezida.

Bobi Wine yakunze kuvuga ko Museveni akwiye kurekura ubutegetsi kuko ashaje, ndetse ari mu barwanyije cyane ihindurwa ry’ingingo iri mu Itegeko Nshinga igena imyaka ushaka kuyobora Uganda agomba kuba atarengeje, yahinduwe bigatuma Museveni yemererwa kongera kwiyamamaza.

Uyu munsi mu gihugu cya Uganda niyo nkuru yiriwe ivugwa mu bantu ndetse no kumbuga nkoranyambaga nka Facebook na Whatsapp aho abenshi wasangaga bavuga ko Bobi Wine yatangiye abantu babyita imikino bavuga ko atatsinda Museveni ariko ubu bamaze kubona ko bitoroshye bitewe n’abantu bamukunda ndetse bamushyigikiye harimo n’abanyamahanga.

 

3,880 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.