umu amakuru- Museveni yishimiye kwakira Miss Africa Abenakyo ariko yamugaye kwambara imisatsi y’Abahinde (Amafoto&Vidio) | Umusingi

Museveni yishimiye kwakira Miss Africa Abenakyo ariko yamugaye kwambara imisatsi y’Abahinde (Amafoto&Vidio)

Please enter banners and links.

Uyu munsi tariki 19 Ukuboza 2018 nibwo Nyampinga wa Africa (Miss Africa)akaba na Miss Uganda yagarutse mu gihugu avuye mu Bushinwa (China) akaba yabanje kwakirwa na Minisiteri ufite mu nshingano ibijyanye na Miss Uganda nyuma yakirwa na Perezida Museveni.

Perezida Museveni yashimiye cyane Miss Abenakyo ariko amunenga kuba yambaye imisatsi y’Abahinde amusaba kugira imisatsi y’umwimerere kuko ari mwiza.

Perezida Museveni akaba yagize ati “Miss Abenakyo umukobwa mwiza w’uMusoga namugiriye inama kugira umusatsi w’umwimerere w’Africa akareka iyo yari yambaye y’Abahinde”.

Miss Abenakyo ari kumwe n’ababyeyi be

Perezida Museveni akaba yashimiye ababyeyi ba Abenakyo kuba barashoboye kumurera akagira umuco n’ikinyabupfura ndetse bakamwigisha akaba arangije kwiga Kaminuza ati hari abandi bananirwa kurera abana babo ugasanga abana barajya mu ngeso mbi ariko kuba barashoboye kumurera agakura akagira ubwenge ndetse akaba afite umuco n’ikintu kiza cyo gushimirwa.

Museveni yavuze ko yaganiriye na Abenakyo akaba afite gahunda yo gufasha abana babakobwa kugira icyerekezo kandi yamwemereye ko azamushyigikira ndetse ati Leta nyoboye nayo ikwijeje kuzagufasha muri gahunda zawe.

Igikorwa Perezida Museveni yakoze cyo kumwakira abantu bagishimye cyane bavuga ko ari ikimenyetso cyo gushyigikira Miss Uganda kandi bizatuma birushaho kwitabirwa ndetse no kugira agaciro.

4,736 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.