Breaking News:Abazungu 2 bafashwe bugwate muri Virunga muri DR.Congo umugore wabatemberezaga aricwa.
— May 11, 2018
Please enter banners and links.

Amakuru amaze kugera ku kinyamakuru Umusingi ni uko abazungu 2 bafite inkomoka mu gihugu cy’uBwongereza bafashwe bugwate muri pariki ya Virunga mu gihugu cya DR.Congo umugore wabatemberezaga we aricwa.
Amakuru avuga ko aba bamukerarugendo bari bavuye mu mujyi wa Goma nyuma y’imonota 40 nibwo abantu bitwaje imbunda batangiye kurasa imodoka ya bamukerarugendo bica umugore wabayoboraga abazungu 2 n’umushoferi bafatwa bugwate kugeza ubu ntiharamenyekana aho baherereye.
Ambasade y’icyo gihugu ikaba yabwiye VOA ko ayo makuru ariyo ariko barimo gukorana n’ubuyobozi bw’Igihugu cya DR.Congo kugirango barebe uburyo bamenya aho abafashwe bugwate baherereye kandi bakaba barimo gufasha imiryango yabafashwe ubufasha.

Amakuru aravuga ko mu kwezi gushize kwa Mata 2018 hishwe abakozi ba pariki 4 n’umushoferi abandi barakomereka .
Kuwa 2 Mata 2018 undi murinzi wa pariki nawe yarishwe n’inyeshyamba bivugwa ko ari ADF irwanya ubutegetsi bwa Perezida Museveni .
Umuyobozi wa pariki ya Virunga witwa Emmanuel de Merode ufite ubwenegihugu cy’uBubiligi nawe akaba yarakomerekejwe n’inyeshyamba muri Virunga.
Umuryango mpuzamahanga (UN )uvuga ko guhera muri 2014 hamaze kwicwa abamukerarugendo 1000 mu gace ka Beni n’abacunga umutekano (Peacekeepers)15.
Virunga bivugwa ko ku isi ariyo pariki nini cyane irimo inyamaswa zitandukanye zirimo Ingagi ,Intare ,Inzovu n’izindi nyamaswa abazungu bakunda kujya gusura ariko umutekano waho ukaba utizewe kubera Congo irimo imitwe y’inyeshyamba myinshi.
2,824 total views, 3 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Nyuma y’uko ikigo cya Cleverland TVET gitsindishije abanyeshuri benshi ku rwego rwa mbere mu gihugu ,Ababyeyi barashimira ubuyobozi bw’Ishuri
Leave a reply