umu amakuru- Kawangire :Yakubiswe aruka amaraso kubera yasanzwe anywa ikigage abandi bari mu biganiro | Umusingi

Kawangire :Yakubiswe aruka amaraso kubera yasanzwe anywa ikigage abandi bari mu biganiro

Please enter banners and links.

Mu-byo-batojwe-harimo-no-kurinda-badakoreshejwe-intwaro

 

Inyeragutabara yitwa Rwabyuma yakubiswe na ngenzi ze aruka amaraso kubera bamusanze anyway ikigage abandi bari mu biganiro byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Kuri uyu wa 13 Mata 2016 umuturage witwa Furaha Alexandre yatangarije Ikinyamakuru Umusingi ko Akagali ka Kawangire aho bucyera abantu baramarana Leta ni databara hakiri kare .

Furaha yagize ati “hari inyeragutabara yitwa Rwabyuma ubu yakubiswe aruka amaraso bamujyanye ku bitaro I Gahini bamwohereza CHUK kubera ko yari arembye cyane”.

aba-dasso-gishari-Bafashe-ifoto-yurwibutso

Abayobozi bari kumwe n’inyeragutabara

Yakomeje avuga abamukubise ko nabo ari inyeragutabara barimo uwitwa Manase ,Mukurano na Ndoli   bakaba bamusanze kwa Harora ucuruza ibigage n’izindi nzoga ariko we ntacyo bamutwaye nta nicyo bamubajije impamvu acuruza inzoga kandi abandi bari mu biganiro byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Furaha yakomeje avuga ko hari umuntu witwa Higiro uherutse kwicwa mu mudugudu wa Kinunga muri Kawangire ndetse nawe ubwe akaba yarakubiswe n’abantu 7 bashaka kumwica ariko bose nta n’umwe wafunzwe ahubwo ngo bahora bamutera ubwoba ko bazamwica.

Ikinyamakuru Umusingi cyashatse kubaza umunyamabanganshingwabikorwa w’Akagali ka Kawangire Ingabire amakuru ya Rwabyuma wakubiswe ndetse  n’amakuru y’abantu bicwa mu kagali ayoboye ariko ntiyitaba Telephone ye igendanwa.

Mu mwaka wa 2013 nabwo I Kawangire kuri Muhazi bahasanze umuntu wari wishwe ,atagira icyangombwa kimuranga.

Furaha asanga ibi byose byo gukubita abantu uko bishakiye biterwa no kudahana ndetse n’ubuyobozi bubi.

Kawangire n’akagali kamwe kagize Umurenge wa Rukara Akarere ka Kayonza aho basaba ko Leta ikwiye guhagurukira abantu bataramarana kandi amakuru baba bayatanze ariko ntihagire igikorwa.

Iyi nkuru turacyayikurikirana kumenya uko uwakubiswe ameze n’impamvu ucuruza we ntacyo abazwa kandi bitemewe gucuruza abandi bari mu biganiro byo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Muhungu John

3,379 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.