Bitunguranye Perezida Kagame yirukanye aba Minisitiri 2 Papias w’Uburezi na Jean Philbert w’Ikoranabuhanga
— December 6, 2017
Please enter banners and links.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 6 Ukuboza 2017, bitunguranye Perezida Kagame yirukanye abaminisitiri babiri ndetse anashyiraho abandi bayobozi bashya mu nzego nkuru za Leta.
Mu birukanywe harimo Dr Papias Musafiri Malimba wari Minisitiri w’Uburezi na Jean Philbert Nsengimana w’Ikoranabuhanga n’Itumanaho.

Ibumoso :Jean Philbert Nsengimana,Iburyo :Dr Papias Musafiri Malimba
Nk’uko bigaragara mu Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, Perezida Kagame Paul, ashingiye ku bubasha ahabwa n’amategeko, yashyizeho Eugene Mutimura nka Minisitiri mushya w’Uburezi asimbuye Dr Papias Musafiri Malimba, ndetse na Minisitiri mushya w’Ikoranabuhanga n’Itumanaho bwana Jean de Dieu Rurangirwa, asimbura Jean Philbert Nsengimana wari umaze igihe kirekire ayobora iyi Minisiteri yahoze inabarizwamo ibijyanye n’urubyiruko.

Eugene MutimuraMinisitiri mushya w’uburezi


Uretse aba bayobozi bakuru, Perezida Kagame yanashyizeho Olivier Kayumba nk’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ishinzwe impunzi n’imicungire y’ibiza, ndetse na Bwana Francis Musoni agirwa Umunyamabanga mukuru muri Komisiyo y’Igihugu yo gusubiza mu buzima busanzwe abavuye ku rugerero.
2,611 total views, 3 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Umuherwe Rwabukamba yapfuye mu buryo buteye ubwoba
Leave a reply