umu amakuru- Abakekwaho kwiba BK ya Buhanda bakica umukozi wayo barafashwe | Umusingi

Abakekwaho kwiba BK ya Buhanda bakica umukozi wayo barafashwe

Please enter banners and links.

Polisi y’ u Rwanda ikorera mu ntara y’ amagepfo yatangaje ko yamaze guta muri yombi abantu barindwi bakekwaho kwica umukozi wa banki ya Kigali ishami rya Buhanda mu karere ka Ruhango bakaniba amafaranga ataramenyekana umubare.

Umuyobozi wa polisi mu ntara y’amagepfo ACP Gilbert Rwampungu Gumira yatangaje ko polisi yataye muri yombi abantu 7 bakekwaho kwiba iyi banki no kwica umukozi wayo.

ACP Gumira yavuze ko muri barindwi bafashwe umwe ariwe utarashyikirizwa ubushinjacyaha.

Yagize ati “Twafashe abantu barindwi bakekwaho kwiba BK ya Buhanda no kwica umukobozi wayo. Batandatu dosiye zabo twamaze kuzishyikiriza ubushinjacyaha umwe ntabwo dosiye ye turashyikiriza ubushinjacyaha kuko yafashwe nyuma”

Tariki 24 Ukwakira 2017 nibwo abantu bitwaje intwaro binjiye muri iyo banki iherereye mu Karere ka Ruhango, bica umwe mu bakozi bayo, abandi batatu barakomereka.

Hashatswe kumenya abakekwa abaribo n’ aho bakuye intwaro bakoresheje ACP Gumira avuga ko ayo makuru adashaka ko yahita atangazwa kuko yumva yabangamira ubutabera.

Umukozi wa BK witwa Muhawenimana Quesie w’imyaka 32 yarashwe n’abo bagizi ba nabi ahita ahasiga ubuzima, naho Umuyobozi w’iryo shami Sylvain Rubayita; Alphonse Muhayimana umwungirije na Evariste Kagama wari umurinzi barakomereka bajyanwa mu bitaro.

 

 

2,976 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.