Abakekwaho kwiba BK ya Buhanda bakica umukozi wayo barafashwe
— November 6, 2017
Please enter banners and links.

Polisi y’ u Rwanda ikorera mu ntara y’ amagepfo yatangaje ko yamaze guta muri yombi abantu barindwi bakekwaho kwica umukozi wa banki ya Kigali ishami rya Buhanda mu karere ka Ruhango bakaniba amafaranga ataramenyekana umubare.
Umuyobozi wa polisi mu ntara y’amagepfo ACP Gilbert Rwampungu Gumira yatangaje ko polisi yataye muri yombi abantu 7 bakekwaho kwiba iyi banki no kwica umukozi wayo.
ACP Gumira yavuze ko muri barindwi bafashwe umwe ariwe utarashyikirizwa ubushinjacyaha.
Yagize ati “Twafashe abantu barindwi bakekwaho kwiba BK ya Buhanda no kwica umukobozi wayo. Batandatu dosiye zabo twamaze kuzishyikiriza ubushinjacyaha umwe ntabwo dosiye ye turashyikiriza ubushinjacyaha kuko yafashwe nyuma”
Tariki 24 Ukwakira 2017 nibwo abantu bitwaje intwaro binjiye muri iyo banki iherereye mu Karere ka Ruhango, bica umwe mu bakozi bayo, abandi batatu barakomereka.
Hashatswe kumenya abakekwa abaribo n’ aho bakuye intwaro bakoresheje ACP Gumira avuga ko ayo makuru adashaka ko yahita atangazwa kuko yumva yabangamira ubutabera.
Umukozi wa BK witwa Muhawenimana Quesie w’imyaka 32 yarashwe n’abo bagizi ba nabi ahita ahasiga ubuzima, naho Umuyobozi w’iryo shami Sylvain Rubayita; Alphonse Muhayimana umwungirije na Evariste Kagama wari umurinzi barakomereka bajyanwa mu bitaro.
3,026 total views, 3 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Kuki Umuhungu wa Gen Fred Rwigema atatashye ubukwe bwa mushiki we Teta?
Leave a reply