umu amakuru- Umunyamideli wa mbere mu Rwanda Tina avuye muri Zimbabwe asiga abemeje | Umusingi

Umunyamideli wa mbere mu Rwanda Tina avuye muri Zimbabwe asiga abemeje

Please enter banners and links.

Tina Pilot Uwase akora umwuga wo kwerekana imideli akaba amaze ku gera ku rwego rushimishije ndetse akaba amaze ku rwego rwo gukorana n’ibigo bitandukanye ku isi aho aturutse mu gihugu cya Zimbabwe.

Tina yuruye rutema ikirere ku itariki ya 9 Ukwakira 2017 yerekeje mu gihugu cya Zimbabwe aho yaragiye mu gukorwa cyo gufata amafoto yo gukoresha mu kwamamaza ibikorwa bye ndetse n’ikigo cyari cya mutumiye ku bufatanye bwo gukorana nacyo mu bijyanye n’amafoto.

Tina yagarutse mu Rwanda Kuwa 13 Ukwakira 2017 asiga ibinyamakuru byo muri Zimbabwe ariwe nkuru bitewe n’uburyo ibyo bamushakagaho yabikoze neza ,ibinyamakuru byo muri icyo gihugu nka The Herald Insight cyanditse ko Tina yishimiye urugendo yagiriye mu gihugu cya Zimbabwe.

Uyu mukobwa ukunda cyane umwuga we ageze I Kigali Ikinyamakuru Umusingi cyamubajije urugendo avuyemo niba rwaramugendekeye neza maze agira ati “urugendo rwabaye rwiza cyane naringiye mu gikowa cyo gufata amafoto yo gukoresha mu kwamamaza ibikorwa byanjye n’ikigo cyo muri Zimbabwe kitwa Trey Images ndetse hari n’ibihembo nakuyeyo”.Akomeza avuga ko ibijyanye na ticket y’indege naho kurara muri hotel n’amafunguro byose icyo kigo nicyo cyabyishyuye.

Tina abajijwe niba abona yagira inama abandi bakunda umwuga nk’uwe akora yagize ati “cyane rwose nabagira inama yo kuwukora ariko ntago wabigeraho ibyo ushaka udakora ahubwo iyo uzi icyo ushaka kugeraho uragiharanira kandi ukakigeraho .Ntibazicare ngo bategereze ko bazagera kubyo bashaka badakora”.

Tina Pilot Uwase akaba yaragiye muri Zimbabwe avuye mu gihugu cya Lebanon ,Beirut muri Asia for World next top model aho yaserukiye u Rwanda neza.

Tina amaze gukora izina muri uyu mwuga we wa modeling and Fashion mu Rwanda no mu Karere kandi akaba afite inzozi gukora cyane akagera ku rwego rw’Isi.

Abashaka gukora uwo mwuga no kuwuteza imbere avuga ko harimo amahirwe menshi cyane kandi akavuga ko yishimira ibyo amaze kugeraho abikesha uwo murimo akora.

Noella

 

3,019 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.