Abo kwa Rwigara bari imbere y’Urukiko kandi bunganiwe ariko rwongeye gusubikwa
— October 9, 2017
Please enter banners and links.

Uyu munsi Kuwa mbere tariki 9 Ukwakira 2017 Saa tatu zuzuye nk’uko byari biteganyijwe, ababuranyi binjiye mu cyumba cy’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge noneho bafite umwunganizi mu mategeko kuko ubushize urubanza rwasubitswe kubera ko ntawe bari bafite.
Adeline, Anne na Diane Rwigara binjiye barinzwe cyane. Ubu noneho bari kumwe n’umwunganizi mu mategeko. Abaregwa bavuze ko batarabona dossier yabo kandi batazi ibyo baregwa, Ubushinjacyaha ibi burabihakana.
Diane Rwigara washakaga kuba umukandida mu matora ya Perezida wa Republika akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha impapuro mpimbano.

Ubwo baheruka mu rukiko

Diane, murumuna we Anne na nyina Adeline bahuriye ku cyaha bashinjwa cyo guteza imvururu muri rubanda.
Nyina Adeline Rwigara we hakiyongeraho icyaha ashinjwa cyo kubiba amacakubiri muri rubanda.
Icyumba cy’iburanisha cyuzuye abantu benshi cyane, hanze hashyizwe indangururamajwi kugira ngo batabonye imyanya mu cyumba babone uko bakurikira urubanza.
Kuwa gatanu ushize, abaregwa basabye ko urubanza rwabo rusubikwa kuko batari bunganiwe.
Uyu munsi, imbere y’Urukiko bari bunganiwe na Me Buhuru Pierre Celestin, wahise atangira avuga ko amategeko akwiriye kubahirizwa kuko yarebye muri System (kuri Internet) akaburamo imyanzuro y’ubushinjacyaha na dossier y’abakiriya be.
Me Buhuru yahise asaba ko iburanisha baryimura kuko ngo amadosiye y’ibyaha abakiriya be bose bashinjwa atarayabona.
Yavuze ko yagerageje kureba dossiers z’abakiriya be muri ‘system’ ariko ntihagire ibyo yemererwa kugeraho (access).
Ubushinjacyaha bwavuze ko niba koko iyo myanzuro atarayibonye ngo bwaba ari ubushake buke bw’ umwunganizi w’abaregwa.
Ubushinjaha bwemeye ko urubanza rwakwimurwa ariko ngo ntirwakwimurirwa mu gihe kirenze minsi itanu.
Me Buhuru we yasabye Urukiko ko rwategeka Ubushinjacyaha gufasha uruhande rw’abaregwa kwiga dossier yabo.
Bimwe mu bigize ibimenyetso bibashinja ibyaha baregwa nk’amajwi ya audio, inyandiko mpimbano, ibaruwa Anne Rwigara yandikiye Jeune Afrique, ama liste y’abasinyiye Diane Rwigara (ashaka kuba kandida Perezida) ariho n’abantu bapfuye ngo byose ngo ntabyo bo bafite.
Aha Ubushinjacyaha bwavuze ko dossier yose butayitanga kuko bukiri mu iperereza kandi ngo byakwica iperereza.
Me Buhuru we avuga ko yari akwiye kubona ibyo bimenyetso kuko ngo n’abunganizi mu nkiko babika amabanga (y’iperereza).
Ubushinjacyaha bwavuze ko uyu mwunganizi yazegera Ubushinjacyaha kugira ngo bumwereke kuri ibi bimenyetso kuko ubu ‘dossier’ yabyo byose nabyo birimo batarayishyira ku mpapuro (printing).
Ubushinjacyaha buvuga ko ibyo kubaha dossier yose bidashoboka ariko ngo bwaberekaho uko imeze.
Adeline Rwigara yumvikanye nawe asaba dossier ati “ndagirango mbasabe ko twabona dossier {yacu} kuko ntabwo tuzi icyo turegwa.”
Ubushinjacyaha ibi bwabihakanye, buvuga ko ibyo baregwa babizi kandi n’iyo ‘dossier’ yabo bagiye kongera bakayibanyuriramo.
Urukiko rwavuze ko kuri iki kibazo cya ‘Dossier’ nta mpamvu yo gutegeka Ubushinjacyaha kuyisubiriramo abaregwa kuko ngo iyo dossier abaregwa bayizi ndetse iri no muri System.
Urukiko rwanzuye ko uru rubanza rwimurwa kubera ibisabwa n’abaregwa, ruvuga ko ari uburenganzira bahabwa n’itegeko guhabwa umwanya wo kwiga ‘dossier’ yabo.
Bahawe iminsi ibiri, urubanza rwimurirwa kuwa gatatu tariki 11 Ukwakira.
2,256 total views, 3 views today

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Kuki Umuhungu wa Gen Fred Rwigema atatashye ubukwe bwa mushiki we Teta?
Leave a reply