Umuhanzi akaba n’umunyamakuru wa TV1 Pacson yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda
— March 17, 2016
Please enter banners and links.

Umuhanzi nyarwanda mu njyana ya Hip Hop akaba n’umunyamakuru kuri Radio One na TV One, uzwi ku izina rya Pacson, yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda ikorera mu mujyi wa Kigali ndetse uru rwego rushinzwe umutekano rukaba ruteganya kumukorera dosiye agashyikirizwa pariki ngo imukurikiraneho ibyaha ashinjwa.
Amakuru y’itabwa muri yombi rya Pacson, yemejwe na Polisi y’u Rwanda ikorera mu mujyi wa Kigali, mu ijwi ry’umuvugizi wayo Sup. Richard Iyaremye wabwiye umunyamakuru wa Inyarwanda.com ko uyu muhanzi akaba n’umunyamakuru yatawe muri yombi mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 17 Werurwe 2016.
Sup Richard Iyaremye yabwiye Inyarwanda.com ko kugeza ubu Pacson afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gikondo mu mujyi wa Kigali, aho ategerejwe gushyikirizwa parike, akaba yafashwe hifashishijwe impapuro zo kumuta muri yombi (mandate) zari zashyizweho nyuma yo kumuhamagaza akanga kwitaba. Akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa yakoze mu minsi ishize, agahamagazwa ngo atange ibisobanuro ariko ntiyigere yitaba.
Icyaha Pacson akurikiranyweho, gihanwa n’ingingo y’148 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda, ivuga ko Umuntu wese ubishaka, ukomeretsa undi cyangwa umukubita cyangwa umusagarira ku buryo bwa kiboko bubabaje, ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu (6) kugeza ku myaka ibiri (2) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi ijana (100.000) kugeza ku bihumbi magana atanu (500.000) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.
Mu gihe umugambi cyangwa igico byateguriye icyaha, uwakoze icyaha ahanishwa igifungo kuva ku myaka ibiri (2) kugeza ku myaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y.u Rwanda kuva ku bihumbi ijana (100.000) kugeza ku bihumbi magana atanu (500.000).
Source :inyarwanda .com
3,013 total views, 3 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply