Imodoka n’umushahara w’ibihumbi 800 mu bituma abakobwa benshi bitabira irushanwa rya Miss Rwanda.
— February 16, 2017
Please enter banners and links.

Muri iyi minsi irushanwa rya Nyampinga (Miss Rwanda)risigaye ryitabirwa cyane n’abakobwa benshi bigaragarira mu Ntara zitandukanye iyo hakorwa ijonjora.
Ikinyamakuru Umusingi cyaganiriye n’umwe muri ba Miss Rwanda witwa Isimbi maze avuga ko bimwe mu bituma abakobwa bitabira kuba Nyampinga abenshi baba bashaka iriya modoka ndetse n’umushahara w’ibihumbi Magana inani buri kwezi.
Abajijwe niba abakobwa benshi bitabira irushanwa rya Nyampinga bakurikiye imodoka ihabwa Nyampinga yagize ati “nabyo nyine usanga aribyo baba bakurikiye ndetse n’umushahara w’ibihumbi Magana inani buri kwezi ariko n’ubwiza nabwo abenshi baba biyizi ko ari beza bityo bagashaka ko baba ba Nyampinga”.
Cyera irushanwa rya Nyampinga wasanga rititabirwa cyane kubera ko Nyampinga atahembwaga nkuko ubu ahembwa ndetse ubu akaba ahabwa imodoka nziza.
Undi nawe wavuganye n’Ikinyamakuru Umusingi utarashatse ko amazina ye atangazwa yagize ati “umwana w’umukobwa ukiri muto imyaka 20 kuzamura guhembwa ibihumbi 800 akagira n’imodoka n’ibintu byiza cyane buri mukobwa wiyumvamo ubwiza yashaka ko ariwe ubyegukana nawe akarya ubuzima bwiza akaryoha akiri muto”.
Bamwe mu bakobwa bashima abaterankunga b’iri rushanwa kuko byatumye abakobwa batinyuka bakamenya kuvuga imbere y’abantu benshi ndetse no gutangira inshingano bakiri bato.
Noella
3,080 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply