Shaddy Boo ntiyumva uburyo Polisi yinjira mu mazu y’abantu nta rupapuro rw’isaka ifite
— August 10, 2020
Please enter banners and links.

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo akanaba umwe mu bagore b’ibyamamare ku mbuga nkoranyambaga cyane cyane kuri Instagram, yabajije Polisi y’u Rwanda impamvu yinjira mu ngo z’abantu kuzisaka nta rupapuro rwo gusaka ibifitiye.
Shaddy Boo yabajije Polisi ibi abinyujije kuri Twitter ye aho yagize ati “Muraho Rwanda Police nshaka kubaza ese searching warrant (urupapuro rw’isaka) imaze iki niba Polisi isigaye yinjira mu mazu y’abantu igasaka nta warrant bafite kandi ntibasobanure impamvu basaka inzu y’umuntu ese ibyo nibyo?? RIB ndashaka ubusobanuro”. Ubu butumwa Shaddy Boo yabunyujije kuri Twitter na Instagram ye, icyakora kuri Instagram yongeyeho ko yabonye abo bapolisi basimbutse igipangu.
Shaddy Boo yanditse ibi asubiza uwitwa Patrick wibazaga ikibazo gisa nk’iki cye aho yagize ati “Nanjye ndabyibaza ni ukuri si no mu mazu tubamo aho dukorera ukabona bari gukomanga wakanga gufungura ukabona nabi…”.



Shaddy Boo

Yasubije uyu agira ati “Niba nawe barakomanze abo nabonye bo buriye igipangu”.
Mu gusubiza Shaddy Boo, Polisi y’u Rwanda ibinyujije kuri Twitter yagize iti “Mwiriwe Shaddy Boo, Mutwandikire muduhe nimero zanyu za Telefoni muduhe amakuru arambuye kuri iki kibazo”.
Ikinyamakuru UMUBAVU cyashatse kumenya icyo Shaddy Boo avuga kuri ibi, maze ku murongo wa Telefoni igendanwa avuga ko ntacyo yarenzaho ndetse nta n’icyo gutangaza kuri ibi afite.
Source/umubavu.com
6,432 total views, 5 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Muri Honeys abakobwa babacurika imitwe amaguru hajuru bakabashyiramo amacupa mu bitsina(Vedio)
SODOMA NA GOMORA,AKABARI NEW BEST BISHYURA KUREBA ABASAMBANA KU MUGARAGARO,BIRATANGAJE
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Leave a reply