Donald Trump wiyamamariza kuba Perezida w’America arahigira gufunga Mugabe na Museveni
— March 11, 2016
Please enter banners and links.

Umuherwe ukomeye wo muri America wiyamamariza kuyobora America nyuma ya Obama yahize gufunga Perezida wa Zimbabwe Robert Mugabe na Perezida wa Uganda Yoweri Kagata Museveni kubera kugundira ubutegetsi batashaka ko n’abandi bayobora.
Donald Trump ibi yabivuze ubwo yahuraga n’abahoze ari abasirikare muri Washington maze avuga ko ari igihe cyabo kitaragera kuko natsinda amatora ateganyijwe kuba uyu mwaka mu kwezi kwa 11.

Perezida wa Zimbabwe Robert Mugabe
Trump yagize ati “sinzihanganira abasaza nka Mugabe wa Zimbabwe na Museveni wa Uganda bashaka kuzapfira ku ntebe y’ubuyobozi nkaho ibihugu ari ibyabo nzabafungira mu magereza kuko ibyo ni ukugundira ubutegetsi kandi atari byiza”.
Perezida Museveni na Mugabe bakaba bakwiye kurya bari mpenge nkuko bajya bavuga mu Kinyarwanda ndetse iminsi yabo ikaba ibaze kuko harabura igihe cy’amezi 7 gusa kugirango habe amatora muri America.

Perezida Museveni n’umugore Janet
Kandi uyu muherwe Trump akaba ahabwa amahirwe yo gutsinda akaba Perezida w’America .
Ibi abanyamakuru bakaba baherutse kubaza Perezida Museveni ubwo yagiranaga nabo ikiganiro nyuma y’amatora y’umukuru w’igihugu aherutse kubera muri Uganda niba yarumvise ibyo Trump yamuvuzeho ko azamufunga natsinda amatora.
Museveni yagize ati “uwo muntu simuzi nta nibyo numvise ariko mwe yatumye muzamubwire abanze icyemure ibibazo by’ubutinganyi n’iterabwoba muri America abone gutekereza ibya Museveni”.
Perezida Museveni yakomeje avuga ko ahubwo uwo Trump yazaza akamugisha inama uko yayobora America aramutse atsinze naho ubundi ngo Museveni gutinda kubutegetsi ni uko abaturage ba Uganda bamukunda kuko aribo bamutora.

Perezida Obama yarabyumvise araseka cyane
Nubwo avuga gutyo Perezida Museveni ari hafi kwitaba Inkiko kubera uwo bari bahanganye mu matora y’umukuru w’igihugu Amama Mbabazi Patrick yamureze mu Nkiko ko yibye amajwi.
Nanone Perezida Museveni kubera ubwoba akaba yarafungiye mu rugo uwitwa Col.Kiiza Besigye kubera gutinya ko yagaragaza ibimenyetso ko yibye amajwi bikaba byateza intamabara muri Uganda.
Perezida Museveni akaba ari ku nshuro ya 5 atsinda amatora muri icyo gihugu aho ubu yabonye amajwi 60% naho Besigye abona 43% aho bivugwa ko abaturage benshi bamaze kumurambirwa ahubwo nabamutora ari imifuka y’amafaranga agenda yikureye abaha ngo bazamutore.
Perezida Mugabe we ubu agejeje imyaka 92 ariko yanze kurekura ubutegetse ku buryo n’imbaraga zimaze gushira agenda agwa hasi.
Uyu mu Perezida wa Zimbabwe abantu bibaza niba atazapfira mu ntebe yubuperezida ndetse bavuga ko azageza igihe kugenda bimunanira akajya agenda mu kagare bamusunika ariko atarekuye ubutegetsi .
Ibyo nibyo Trump Donald ashaka guca muri Afurika aho usanga ugiye kubutegetsi aba adashaka kubuvaho vuba.
Rwego Tony
3,310 total views, 5 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply