umu amakuru- Kuki umuhanzi The Ben buri uko akoze igitaramo kitabirwa n’abantu benshi cyane ? | Umusingi

12495251_10207282020423588_627650113365248069_nKuki umuhanzi The Ben buri uko akoze igitaramo kitabirwa n’abantu benshi cyane ?

Please enter banners and links.

12495251_10207282020423588_627650113365248069_n

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 5 Werurwe 2016, umuhanzi The Ben yakoreye igitaramo cy’akataraboneka mu mujyi wa Bruxelles mu Bubiligi, igitaramo cyari kitabiriwe n’abantu benshi cyane bakamugaragariza ibyishimo bihambaye uyu muhanzi nyarwanda usanzwe aba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Umuhanzi The Ben avuga ko igitaramo yakoreye mu gihugu cy’uBubiligi cyamwibukije icyo yakoreye mu Rwanda ubwo yashyiraga Alubumu ye ya mbere kumugaragaro ,igitarmo cyabereye muri Peti Stade ubwo yakubitaga ikuzura abantu bamwe bakabura aho binjirira kubera ubwinshi bamwe bagasubira iwabo.

1936350_10207282009423313_7670954884270682088_n

Muri iki gitaramo cyanatangarijwemo Nyampinga na Rudasumbwa b’abanyarwanda baba mu gihugu cy’u Bubiligi, The Ben yamuritse album ye “Ko nahindutse” mu muziki mwiza w’umwimerere aho yaririmbye nyinshi mu ndirimbo ze zaba iza vuba ndetse n’izo hambere, abantu bakaba baranyuzwe cyane n’iki gitaramo.
Kubera ukuntu uyu muhanzi akunzwe cyane wasangaga bamwe mu bakobwa bashaka gusimbuka ngo bagere aho yarari abandi bashaka kumusoma mbese ku buryo uwabibonaga yabonaga ibyishimo gusa.

12000814_10207282022943651_3199368576881583728_o
The Ben yagiye muri America ajyanye na mugenzi we Meddy ari nako bahoraga bahanganye umwe avuga ko arusha undi kuririmba ariko Iradukunda M Grace akaba yaragize ati “ The Ben nkuko benshi babivuga ni number one nanjye ndabyemeje” .

Iki gitaramo cyari kitabiriwe n’abantu benshi biganjemo abanyarwanda baba i Burayi, abarundi n’abandi banyamahanga b’inshuti z’abanyarwanda, kikaba cyararanzwe n’ubwitabire buhambaye ndetse n’ibyishimo by’abari bakitabiriye, umuhanzi The Ben nawe akaba yarishimiye uburyo yakiriwe n’imbaga muri iki gitaramo.

12790976_10207282005663219_1004261427942542897_n
The Ben akaba arimo gutegura igitaramo I Kigali mu banga nkuko Ikinyamakuru Umusingi cyabicukumbuye kuko atashakaga ko iyi nkuru imenyekana igihe kitaragera.

12794405_10207282003423163_164539792066308130_n
The Ben umunsi yavuze ko agiye kuza kumugaragaro azabe yateguye Stade Amahoro kuko ntahandi yabona akwiza abantu kubera uburyo bamukunda n’uburyo bamukumbuye ari benshi.

12801265_10207282007583267_5322528740398816486_n

12801355_10207282005263209_7070624449718958987_n

12809634_10207282007663269_4108439630834667011_n

12802994_10207282020183582_258465481916925525_n

1457331676_the_ben

1933421_10207282022023628_5917390099950075533_o
Noella

3,012 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.