Uburinganire :Abakobwa bo bazatangira ryari gusaba abahungu bakabakwa ?
— February 19, 2016
Please enter banners and links.

Mu nama yabaye Kuwa 4 Gashyantare 2016 muri Gland Legacy Hotel bamwe mu bagore bari bitabiriye inama yari igamije kugaragaza uko uburinganire bufasha imiryango kwiteza imbere bamwe mu bagore uwo munsi bagaragaje impungenge uburyo abakobwa cyangwa abagore bagitinya kujya gusaba no gukwa abahungu baba bari bushakane.

Minisitiri w’umuco na siporo Uwacu Julienne
Umwe mu bagore wabonaga avuga ko uburinganire mu Rwanda buhari ariko hari ikibazo kimwe gikomeye kibubangamira.
Uwo mugore twifuje kutavuga izina rye yagize ati “kuki usanga abakobwa cyangwa abagore bafite amafaranga menshi bakundana n’abahungu ariko ugasanga abo bakobwa cyangwa abagore batinya kujya gusaba umuhungu iwabo ndetse no kumukwa kandi uburinganire bwaraje?”.
Muri iyo nama Depite Safari yagaragaje ko u Rwanda ari urwambere ku isi mu buringanire ndetse avuuga ko ubu mu Nteko ishingamatego y’uRwanda abagore bageze kuri 64%.

Depite Safari
Mu byagaragajwe nk’imbogamizi muri iyo nama yari yateguwe na RWAMREC havuzwe ikibazo cy’umuco aho bamwe usanga bagikurikiza ibya cyera ko umugore ariwe uteka ,umugore niwe wirirwaga mu rugo ,umugore niwe wareraga abana wenyine ,umugore ntiyagiraga uburenganzira bwo kwiga ,umugore ntiyagiraga uburenganzira ku mitungo n’ibindi byinshi ,ubu byinshi bikaba byaragiye bikemuka ariko haracyari ikibazo cy’abakobwa cyangwa abagore batinya kujya gusaba no gukwa abahungu baba bakundanye nabo kandi abo bakobwa cyangwa abagore bafite ubushobozi kurusha abahungu.

Bamwe mu bari bitabiriye inama ya RWAMREC bashima ko uburinganire bwagejeje ku iterambere (photo/umusingi)
Ikindi kibazo abashinzwe kwigisha uburinganire bafite ese abakobwa cyangwa abagore batinyutse bakajya bajya gusa no gukwa abasore ,abasore bo babyemera?.
Ikinyamakuru Umusingi mu isesengura cyakoze cyasanze hakiri ikibazo kugirango impande zombie zumvikane kuri icyo kibazo cy’abagore cyangwa abakobwa gusaba abahungu mu miryango yabo ndetse no kubakwa nkuko abasore basaba abakobwa iwabo bakanabakwa.
Hari undi wavuze ati byose birashoboka ati cyera ko nta mugore wuriraga urusengero rw’inzu akubaka ubu ko babikora ,ko nta mugore watahaga nyuma y’umugabo ubu se ko buri umwe azira igihe ashakiye bitewe n’akazi ko ntacyo byahungabanyije?ko umugore asigaye abona akazi keza kurusha umugabo?ko umugore yishyurira abana amafaranga y’ishuri kandi umugabo ahari?
ko umugore ahahira urugo kandi afite umugabo?ko umugore yishyura amafaranga y’inzu bakodesha kandi umugabo ahari ibyo byose n’uburinganire bwamaqze kugera mu bantu bagahindura imyumvire akemeza ko n’ibyo by’abakobwa gusaba umuhungu akamukwa bishoboka mu gihe ababifite munshingano babihagurukiye.

Yongeraho ko itangazamakuru naryo rikwiye gufatanya n’abo babifite mu nshingano bakigisha kuko ni ukwigisha abantu bagahindura imyumvire gusa ubundi gahunda zigakomeza.
Ubwanditsi
3,163 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply