Umuhanzi Byosebirashoboka yabwiye Dan Runyange witeguraga ubukwe ko uwamwica umunsi w’ubukwe aribyo byamushimisha
— August 6, 2017
Please enter banners and links.

Umuhanzi Dan Runyange uherutse gukora ubukwe Kuwa 3 Kanama 2017 yatangarije Ikinyamakuru Umusingi ko yakoze ubukwe afite ubwoba bw’umuhanzi mugenzi we wamubwiye ko uwamwica umunsi w’ubukwe byamushimisha.
Dan Runyange yagize ati “sha uzi ukuntu nakoze ubukwe mfite ubwoba ko Byosebirashoboka Aphrodis yari yambwiye ngo cyeretse uwanyica ku munsi w’ubukwe bwanjye nibyo byamushimisha ngo kubera ubugambanyi bwanjye”.
Dan Runyange akomeza avuga ko yari ahamagaye Byosebirashoboka ashaka kumubaza niba azamutahira ubukwe maze undi aramubwira ati cyeretse uwakwica ku munsi w’ubukwe bwawe nibwo byanshimisha.
Dan byamuteye ubwoba atangira kubwira inshuti ze ibyo Byosebirashoboka yari amubwiye ndetse bamwe bamugira inama yo kujya kumurega kuri polisi ariko afata icyemezo cyo kumureka kugirango arebe niba koko afite uwo mugambi cyangwa ari amagambo gusa yo gutera ubwoba.

Umuhanzi Dan Runyange uherutse kurushinga


Dan Runyange abajijwe impamvu Byosebirashoboka yaba yaramubwiye ayo magambo ateye ubwoba ati “ubanza ari uko bajyaga baza hano we na Bosebabireba bashaka kuhazana abakobwa nkabangira aribyo byabarakaje”.
Ikinyamakuru Umusingi twagerageje kubaza Byosebirashoboka kuri Telephone ye igendanwa ariko ntibyadukundira.
Twabibutsa ko Ikinyamakuru Umusingi kigeze gusanga abahanzi Byosebirashoboka na Bosebabireba bari kwa Dan Runyange bazanye umukobwa witwa Uwera umuhanzi Byosebirashoboka arimo kumusoma ndetse na Bosebabireba amuhobera ku buryo baje no kumurwanira buri umwe avuga ko ari uwe.

Umuhanzi Byosebirashooka



Umunsi umwe Byosebirashoboka niwo munsi na Byosebabireba nawe twamusanze mu nzu imwe n’uyu mukobwa dore ko abo bahanzi ari inshuti magara usanga akenshi bari kumwe

Noella
3,721 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply