umu amakuru-      Ladislas Ntaganzwa ushinjwa ibyaha bya Jenoside yagejejwe i Kigali ariko Gen.Nkunda ntiyoherezwa | Umusingi

ntaganzwa_yashyikirijwe_polisi_ari_nayo_igomba_kumumenyesha_uburenganzira_bwe_copy_      Ladislas Ntaganzwa ushinjwa ibyaha bya Jenoside yagejejwe i Kigali ariko Gen.Nkunda ntiyoherezwa

Please enter banners and links.

ntaganzwa_yashyikirijwe_polisi_ari_nayo_igomba_kumumenyesha_uburenganzira_bwe_copy_

 

 

 

Kuri iki Cyumweru nibwo Ladislas Ntaganzwa w’imyaka 57 ukekwaho ibyaha bya Jenoside yagejejwe ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali mu ndege y’Umuryango w’Abibumbye (UN).
Yagejejwe i Kigali yambaye inkweto z’umweru, ipantaro y’ikoboyi y’umukara n’ishati irimo amabara y’umutuku n’ubururu, aho mu minsi mike agomba kugezwa imbere y’ubutabera ngo yisobanure ku byaha bitanu birimo ibyaha bya Jenoside, ibyaha byibasiye inyokomuntu no gufata ku ngufu.
Uyu mugabo akaba amaze igihe mu gihugu cya Congo Kinshasa ariho yihishaga ndetse na nyuma yo kumuta muri yombi igihugu cya DR Congo kikaba cyari kimumaranye iminsi bagishakisha uko yagezwa I Kigali.

ntaganzwa_nyuma_yo_kwambikwa_amapingu_copy_

photo igihe

ntaganzwa_ajyanwa_ahasinyiwe_amasezerano_yo_kumushyikiriza_u_rwanda_copy_

photo igihe
Nyuma yo gushyira umukono ku masezerano yo kumuhererekanya hagati y’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda n’Urwego rwahawe kurangiza imanza za Jenoside, MICT(Mechanism for International Criminal Tribunal), Jean Bosco Siboyintore ukuriye ishami ry’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda rishinzwe gukurikirana abakekwaho Jenoside bahunze ubutabera, yavuze ko iki ari igikorwa bari bamaze igihe bategereje.
Yagize ati “Twari tumaze igihe dutegereje kandi turishimye kuba urwego rwa MICT rumudushyikirije avuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Hagiye gukurikiraho imyiteguro yo kumuburanisha, ashyikirijwe polisi ari nayo igiye kumumenyesha uburenganzira bwe.”

ec50b2f677f88d2a2e284dd5ad3c2d43
Ladislas Ntaganzwa yatawe muri yombi ku wa 7 Ukuboza 2015 ahitwa Nyanzale muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC.
Icyo gihe Minisitiri w’Ubutabera muri RDC, Alexis Thambwe, yahise atangaza ko mbere y’uko igihugu cye kimwohereza, u Rwanda narwo rugomba kubanza gusubiza ku mpapuro rwashyikirijwe zo guta muri yombi abantu Congo ishakisha ariko bacyidegembya i Kigali, barimo Gen. Laurent Nkunda.

urwandiko_rwa_monusco_ruzana_ntaganzwa_mu_rwanda_copy_
Gusa u Rwanda rwabiteye utwatsi ruvuga ko ikibazo cy’ umuntu ushakishwa n’urukiko mpuzamahanga kubera ibyaha yakoze kitagereranywa n’umuntu ushakwa n’igihugu runaka, kugeza ubwo Ntaganzwa yoherejwe iryo gurana ritabayeho.
Kuba kumwohereza mu Rwanda byaratinze, Siboyintore yagize ati “Harimo ibintu byinshi. Murabizi ko yafatiwe mu gihugu cya Congo mu bice bya Goma, bamutwara Kinshasa bituma habaho gutinda .
Ntekerereza rero ko igihe byose byamaze sicyo cya ngombwa, icya ngombwa ni uko agejejwe mu Rwanda.”
Umuyobozi w’ishami ry’Ubwanditsi bwa MICT, Samuel Akorimo, yavuze ko iki gikorwa kiri mu rwego rwo kugira ngo abantu bose bakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside bafatwe kandi bashyikirizwe ubutabera.
Yavuze ko nk’urukiko rw’Umuryango w’Abibumbye bakurikirana imanza zose boherereje u Rwanda ngo ruziburanishe, kandi bizeye ko na Ntaganzwa azabona ubutabera busesuye.
Ladislas Ntaganzwa akekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ibyaha ashinjwa ko yakoreye muri komini Nyakizu yayoboraga.
Ntaganzwa yari mu bantu 410 u Rwanda rushakisha ngo babazwe ibyo bakoze muri Jenoside, barimo Felicien Kabuga, Augustin Bizimana, Protais Mpiranya, Aloys Ndimbati, Fulgence Kayishema n’abandi benshi.
Ubwanditsi

3,177 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.