Abanyesomaliya 114 bari barafungiwe muri Ethiopia bashyitse iwabo
— July 23, 2017
Please enter banners and links.

Abanyesomaliya barenga 100 baheruka kurekurwa aho bari bafungiwe muri za gereza zitandukanye muri Ethiopia kuri uyu wa gatandatu tariki 22 Nyakanga 2017 nibwo bageze I Mogadishu muri Somalia ibyo byatangajwe n’abategetsi ba Somaliya.
Abategetsi ba Somaliya bavuga ko abo bafungwa uko bari 114 bari bafungiwe muri gereza zitandukanye muri Ethiopia bashinjwa ibyaha bitandukanye birimo no kuja muri icyo gihugu mu buryo bunyuranije n’ amategako.
Jamaludin Mustafa Omar, uhagarariye Ethiopia muri Somaliya yari kumwe na bo kuva muri Ethiopia aho bari bafungiwe yatangaje ko icyo gikorwa ari ikimenyetso cy’ubucuti buri hagati y’ibyo bihugu byombi uko ari bibiri.
Irekurwa ryabo ribaye nyuma y’ibiganiro byabaye hagati y’uhagarariye Somaliya Hassan Ali Khayre na mugenzi we wa Ethiopia, Hailemariam Desalegn, igihe bari mu nama ya 29 y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango w’ubumwe bw’Afrika iheruka kubera Addis Ababa muri Ethiopia.
Ibi bihugu byombi bikunda kugirana ibibazo bijyanye na Politike ariyo mpamvu hafatwa abaturage benshi bagafungwa kuko baba bakekaho ibyaha.
2,109 total views, 1 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply