Dr Frank Habineza yatanze ikirego muri C.I.D k’uwamututse ko akwiye kuba Perezida w’Ingagi amushinja n’ubwicanyi
— July 6, 2017
Please enter banners and links.

Uyu munsi Kuwa 6 Nyakanga 2017 Umukandida w’agateganyo ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Dr Frank Habineza uhagarariye Ishyaka rya Green Party yitanze ikirego k’uwamututse ko asa n’ingagi ndetse akwiriye kuba Perezida wazo ndetse ko yishe , asaba Leta y’u Rwanda kugira icyo ikora ku butumwa nk’ubu bw’amacakubiri.
Dr.Habineza yatanzwe n’ishyaka Democratic Green Party, ngo ahatane mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe ku wa 3 no ku wa 4 Kanama uyu mwaka. Komisiyo y’Igihugu y’Amatora kandi yamaze kumwemeza nk’umukandida w’agateganyo.Bamwe bavuga ko atari byiza gutuka umukandida uba udashyigikiye ntago bivuze ko niba utamushyigikiye umutuka.Twashatse

Ku wa Mbere w’iki Cyumweru uwitwa Chantal Rauch yakoresheje urubuga nkoranyambaga rwe rwa Facebook, akabwira abo baruhuriyeho ko Habineza akwiye kuba Perezida w’Ingagi.
Mu magambo ye Chantal Rauch yagize ati “Njyewe rwose namufata akaba Perezida wa za Gorilla (ingagi), zacu zo muri Pariki. Erega nazo zikeneye nkuriya.”
Ni amagambo ataraguye neza Dr.Habineza kuko akoresheje mbuga nkoranyambaga ze yikomye uyu muntu asaba leta kugira icyo ibikoraho n’ubwo yatangaje ko yamaze gushyikiriza ikirego C.I.D kugirango itangire gukurikirana uwo muntu.
Abinyujije kuri Twitter yagize ati “Turasaba Leta y’u Rwanda kureba ubu butumwa bw’amacakubiri bwa Chantal Rauch, ngo ko nkwiriye kuba Perezida w’Ingagi ko zicyeneye Perezida.”
Dr Habineza yakomeje agira ati “Aya macakubiri abangamiye ubumwe n’ubwiyunge bw’abanyarwanda.”
Dr.Habineza yavuze ko uwamututse atamuzi, gusa ngo ababazwa no kuba yanamwise umwicanyi. Ati “Yanshinje ubwicanyi ngo namwiciye umuryango. Biriya byo kunyita Ingagi ni ukuntesha agaciro, ni amacakubiri ni nka kwa kundi bavugaga ngo abantu ni inyenzi bafite imirizo. Abantu bafite uburenganzira bwo kuvuga ariko ntabwo ari ubwo gutukana no guhembera amacakubiri.”
Akomeza avuga ko ubu yamaze kugeza ikirego kuri polisi kandi yizeye ko iza kubikurikirana.
Amabwiriza ya Komisiyo y’Igihugu y’Amatora agenga itora rya Perezida wa Repubulika mu 2017, avuga ko bibujijwe mu gihe cyo kwiyamamaza cyangwa kwamamaza ‘gushingira ku bwoko, ku isano-muzi, ku karere, ku idini no ku bundi buryo bwose bushingiye ku ivangura n’amacakubiri.
Birabujijwe kandi gukora cyangwa kuvuga icyahungabanya amahoro, ubumwe n’umutekano rusange by’Abanyarwanda.
Bamwe mu barwanashyaka ba Green Party batangarije Ikinyamakuru Umusingi ko bababajwe n’uburyo Perezida w’Ishyaka ryabo yahohotewe ndetse bavuga ko bifuza ko akwiye guhabwa ubutabera uwamuhohoteye agafatwa akabihanirwa.
2,982 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply