umu amakuru- Perezida Kagame yavuze ingaruka zikomeye z’ubuyobozi bubi ku munsi wo kwibohora | Umusingi

Perezida Kagame yavuze ingaruka zikomeye z’ubuyobozi bubi ku munsi wo kwibohora

Please enter banners and links.

Kuwa 4 Nyakanga 2017 umunsi wo kwibohora Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko n’ubwo kwibohora byagezweho, ariko bagihanganye n’ingaruka z’ubuyobozi bubi bwasize zirimo inzara, ubukene n’umwiryane.

Yabitangaje ubwo yifatanyaga n’abaturage b’uturere twa Gakenke, Nyabihu, Musanze, Muhanga na Ngororero, mu kwizihiza imyaka 23 u Rwanda rumaze rwibohoye.

Yagize ati “Kwibohora birimo inzego ebyiri: Abantu n’Ibikorwa. Twibohoye ubuyobozi bubi n’abayobozi babi byaduteraga guhora inyuma y’abandi.”

Yunzemo agira ati “Abana bariga, urwaye arivuza, mu Rwanda hose abaturage barahinga, bakorora, bakihaza bakanasagurira amasoko. Iyo niyo nzira twifuza kandi tuyirimo dufite icyizere cyo kugera ku ntumbero yacu. Igisigaye ni ukwihuta.”

Abaturage bari baje kwirebera Perezida bakunda cyane Paul Kagame

Yavuze ko Abanyarwanda bakwiye gushingira ku buyobozi bwiza bafite, bakubaka n’igihugu nk’uko bakifuza. Yavuze ko ubuyobozi buriho bwatanze urubuga n’icyizere ku baturage cyo gutera imbere.

Ati “Mu myaka yashije abaturage benshi ntabwo bari bafite icyizere cy’ahazaza. Ubu turakora tukiteza imbere.”

Muri uyu muhango Perezida Kagame, ari kumwe na Madamu we Jeannette Kagame banafunguye ku mugaragaro ibitaro bya Shyira byubatswe n’ingabo, bifite ubushobozi bwo kwakira abarwayi ibihumbi bibiri.

Banasuye inzu 108 zubakiwe abatishoboye bo mu Murenge wa Shyira nazo zubatswe n’ingabo za RDF.Perezida Kagame umaze kumenywa ku isi yose mu guteza imbere u Rwanda rwari rutazwi ndetse ku buryo izina Kagame Paul n’umwana w’imyaka 3 usanga azi Kagame .

Abantu benshi bategereje ko itariki y’amatora igera bakamuhundagazaho amajwi kubera uburyo ukunzwe cyane n’ibyiza amaze kubagezaho.

Hari benshi bavuga ko umunsi w’amatora n’umunsi wo gutangaza uzaba yatsinze izaba ari iminsi y’ubukwe kuko basanga nta wundi watsinda Perezida Kagame ,umwe mu baturage Nyabihu tutavuze amazina ye yagizze ati “ni kugipfunsi nta bindi byinshi kandi barabizi bose”.

 

 

 

2,753 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.