umu amakuru- Perezida Kagame arakira ibibazo by’abaturage kuri Televiziyo na Radio Rwanda | Umusingi

Perezida Kagame arakira ibibazo by’abaturage kuri Televiziyo na Radio Rwanda

Please enter banners and links.

Uyu munsi  tariki ya 25 Kamena 2017 Perezida Kagame arakira ibibazo by’abaturage binyuze kuri radio na televiziyo by’u Rwanda kuva saa cyenda z’igicamunsi.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), Asiimwe Arthur, yavuze ko cyishimiye kwakira Umukuru w’Igihugu witabiriye ubutumire bwacyo ngo bagirane ikiganiro aho abaturage babikeneye bazahabwa urubuga rwo kubaza ibibazo.

Yagize ati “Ni ikiganiro twamutumiyemo, ushaka guhamagara akabaza ibibazo azahabwa umurongo. Imbuga nkoranyambaga zirimo Facebook, Twitter n’izindi nazo zizifashishwa.”

Asiimwe kandi yavuze ko abandi bafite ibitangazamakuru bashobora guhabwa umurongo ibiganiro Perezida azaba agirana n’abaturage na bo bakabitambutsa.

Uyu muyobozi yavuze ko abiteguye bashobora kohereza ibibazo bakoresheje ’Hashtag’ ya #RBAHostsKagame.

Si kenshi Perezida Kagame akunze gutumirwa n’ibitangazamakuru byo mu Rwanda gusa mu 2010 na 2011 yagiranye ibiganiro na Contact FM. Bwa mbere hari nyuma y’umunsi umwe atorewe kuyobora igihugu mu 2010; ikiganiro cyari kiyobowe n’umunyamakuru wo muri Uganda, Andrew Mwenda n’ubwo hari abanenze uburyo umunyamahanga aza akaba ariwe uyobora ikiganiro na Perezida nkaho mu Rwanda hari habuze uwakiyobora wizewe kandi bahari benshi , icya kabiri kiyoborwa na Charles Haba, wayoboraga ikiganiro cyitwaga “Crossfire”.

Mu mahanga nabo biteguye kubaza ibibazo Perezida Kagame bakoresheje uburyo bw’ikoranabuhanga na Twitter na Facebook nkuko byavuzwe ko nabyo bizifashishwa.

 

 

2,295 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.